Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cya 15 cya UEFA Champions League, nyuma yo gutsinda Borussia Dortmund ku mukino wa nyuma wabereye kuri stade ya Wembley mu Bwongereza ibitego 2-0.
Abakuru b’Umuryango mpuzamahanga wita ku mibereho y’abantu (cyane cyane abatishoboye), Rotary Club-Kigali, bahuguriye urubyiruko kujya gufasha abandi hirya no hino mu Gihugu kubaka amahoro arambye, hashingiwe ku kwiyumvamo ko bose ari Abanyarwanda.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi n’abakozi b’Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, bunamiye inzirakarengane zirimo abarwayi bishwe n’abaganga bagombaga kubavura.
Abagize urwego rwa DASSO rwunganira Akarere ka Kicukiro mu gucunga umutekano, tariki 31 Gicurasi 2024 boroje abaturage mu Murenge wa Gahanga hagamijwe kubafasha kwikura mu bukene, hakaba hatanzwe inka enye ndetse n’amatungo magufi y’ihene 20.
Ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yegukanye irushanwa rya BAL 2024 ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu itsindiye Al Ahly Ly yo muri Libya muri BK Arena amanota 107-94.
Abadepite batoye itegeko rigenga abantu n’umuryango riteganya ko mu gihe abantu bagiye gushyingiranwa bashobora kwishyiriraho uburyo bwo gucunga umutungo w’urugo rwabo aho kugendera ku buryo bwari busanzweho.
Nyiracari Peace, warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Gakirage, avuga ko batewe n’Interahamwe n’abasirikare ba EX-FAR, amaze umunsi gusa abyaye, amara iminsi itanu azengurukana uruhinja muri Pariki y’Akagera yarimo inyamanswa z’inkazi ariko ntizamurya ku bw’amahirwe ahahurira n’Inkotanyi arokoka ubwo.
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, bagasobanurirwa amateka y’uburyo Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, Abagize Ihuriro ry’Inganda zitunganya Umuceri bo mu Rwanda bahagarariye abandi, batangaje ko bahakuye isomo ryo kurushaho gushyigikira ubumwe bw’Abanyarwanda birinda amacakubiri, (...)
Abafata ibyemezo ndetse n’abakora ibijyanye n’ishoramari ku Mugabane wa Afurika, basanga hakwiye kongerwa imbaraga mu kubyaza umusaruro amahirwe yihishe mu batuye uyu Mugabane.
Mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, abagize Inama Njyanama y’Akarere, basoje icyumweru cy’Umujyanama cyari cyatangirijwe mu Murenge wa Mareba ku itariki 25-31 Gicurasi 2024, mu gikorwa cyanahujwe no gutaha inyubako nshya y’Ibiro by’Akagari ka Kagomasi.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), Dr. Usta Kaitesi, Kuwa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024, yayoboye umuhango w’ihererekanyabubasha, mu muryango w’Abayisilamu mu Rwanda hagati ya Mufti Sheikh Salim Hitimana ucyuye igihe na Mufti Sheikh Sindayigaya Mussa wamusimbuye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Wellars Gasamagera yasobanuye ko amakuru y’ibihuha avugwa ko hari abanyamuryango ba RPF Inkotanyi basabwa amafaranga y’umusanzu ku gahato atari ukuri kuko umuryango ugira amahame ugenderaho.
Banki ya Kigali yasinye amasezerano y’ubufatanye ayemerera kuba umwe mu bafatanyabikorwa b’igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho (abavetera), kigiye kuba ku nshuro yacyo ya mbere kikabera mu Rwanda.
Kuri uyu wa gatandatu no cyumweru i kigali mu Rwanda, harabera irushanwa ngaruka mwaka ryo kwibuka abahoze ari abakinnyi, abakozi ndetse n’abakunzi b’umukino wa volleyball mu Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Abunganira Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko bemeje ko yagiye ku igaraje rya AMGAR, nkuko abatanze ubuhamya benshi babigarutseho ariko ko yari ahari aje guhisha umuryango we, bidasobanuye ko yishe Abatutsi nk’uko abishinjwa.
Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET), yatangarije abifuza ibyangombwa bikenerwa mu mahanga, ko bazajya babibona banyuze ku rubuga rwa Irembo guhera tariki ya 5 Kamena 2024.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), Brig. Gen Ronald Rwivanga mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo, yifatanije n’Ambasade ya Sénégal mu Rwanda mu rwego rwo kwibuka Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, ubwo yari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’umuryango w’Abibumbye mu Rwanda.
Ubuyobozi bukuru bwa BK Group Plc bwatangaje ko bungutse amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari 23.9 mu gihembwe cya mbere cya 2024.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Nsabimana Jean uzwi nka Dubai ibyaha yari akurikiranyweho byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimpano rumuhanisha igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi 500 Frw.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyarwenya Dave Chapelle, ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wataramiye mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere.
Ibicuruzwa bibarirwa mu gaciro ka Miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda utabariyemo inyubako ubwayo, ni byo byangijwe n’inkongi y’umuriro iheruka kwibasira ububiko bw’ibicuruzwa bwa Magerwa, buherereye ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera.
Amakipe atatu yo mu cyiciro cya gatatu muri shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru arimo Motar FC itaratsinzwe umukino n’umwe, yazamutse mu cyiciro cya kabiri nyuma yo guhigika andi makipe byari bihanganye ku munsi wa nyuma wa shampiyona.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ibihano zafatiye abayobozi bakuru batanu bo muri Uganda, harimo na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anitha Among.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wunamiye abasirikari barimo n’ab’u Rwanda babiri baguye mu butumwa bwo kugarura amahoro mu mwaka ushize wa 2023.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, ushinzwe gusesengura ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga, Gasasira Martin, avuga ko ibigo byose bitanga ibyangombwa ku bohereza ibicuruzwa hanze y’Igihugu byashyizwe hamwe ku buryo batagisiragira kandi mu minsi ya vuba hazashyirwaho uburyo bw’ikoranabuhanga bazajya bifashisha mu (...)
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye (UN) hamwe n’izindi nzego zifite aho zihuriye n’ubuziranenge tariki 27 Gicurasi 2024, batangije ubukangurambaga bwiswe ‘Tuwurinde’ busaba abamotari gukoresha kasike zujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurinda umutwe w’umuntu ugenda kuri moto.
Donald Trump yateje impagarara nyuma yo guhamwa n’ibyaha 34 byo gukoresha inyandiko mpimbano mu bucuruzi, mu rubanza rw’amateka rwaberaga i New York.
Abitabiriye Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ku rwego rw’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, barebeye hamwe ibyakozwe n’urubyiruko mu mwaka wa 2023-2024, bishimira ibyagezweho, bareba n’aho bagize intege nke, bafata ingamba zo kubikosora kugira ngo ibindi biyemeza mu mwaka utaha bizagende neza.
Abaturage batuye mu bice bitandukanye by’Igihugu baravuga ko batewe impungenge n’ibyuho bya ruswa bikigaragara mu nzego zitandukanye ariko by’umwihariko mu burezi no mu buzima.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo kiyishamikiyeho gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye n’Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku bworozi (International Livestock Research Institute/ILRI), batangije ikoranabuhanga rizajya riha umworozi w’Inka amakuru amufasha kongera umukamo.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyeshuri bo mu Ishuri ry’Ubukungu rya Wharton School of Business ryo muri Leta ya Pennsylvania yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bayobowe n’abayobozi b’iyi kaminuza barimo Prof Katherine Klein na Eric Kacou.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Ingabire Paula, yabwiye urubyiruko rukoresha ikoranabuhanga ko iyo utazi aho uvuye utagira n’icyerekezo cy’aho ujya, abasaba guhaguruka bakarwanya abapfobya Jenoside n’abatesha agaciro ibimenyetso n’amakuru yerekeye Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari uri kurangira bafashe miliyoni 50Frw ku misoro binjiza bakayashora mu gutera inkunga imishinga y’urubyiruko n’iy’abagore.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko yakiriye abantu icyenda batanze ibyangombwa basaba kuba abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo ’International Budget Partnership’ muri 2023, bugaragaza ko u Rwanda rwateye imbere mu guha abaturage amakuru ajyanye n’ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari, rukaba rwabiherewe amanota 50%, ruza ku mwanya wa 9 muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Philippe Mpayimana wahataniye umwanya wa Perezida wa Repubulika nk’umukandida wigenga mu matora yo muri 2017, yongeye gushyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ibyangombwa bisaba kuba umukandida wigenga nanone ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Nyakanga 2024.
Muri Amerika, sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya ’American Airlines’ irashinjwa kuba yarasohoye mu ndege abagabo umunani (8) b’abirabura, kubera ko ngo hari bamwe mu bagenzi bari bavuze ko banuka ku ruhu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko abanyamakuru bishyize hamwe bagahurira ku mugambi umwe wo guharabika u Rwanda batazawugeraho.
Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 79, Perezida wa Repubulika afite ububasha bwo gusesa umutwe w’abadepite igihe icyo ari cyo cyose.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga n’Intumwa ayoboye, bitabiriye imyitozo mpuzamahanga ya gisirikare itegurwa n’Ingabo za Turukiya ya EFES-2024, igahuza Ingabo ziturutse mu bihugu byinshi bitandukanye.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko yatandukanye n’abakinnyi batanu barimo umunya-Maroc Youssef Rharb
Ubuvumo bwa Nyaruhonga ni ahantu ndangamurage kamere hakaba n’ahantu ndangamateka kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ubu buvumo ngo bwajugunywemo abantu benshi. Imirambo yavanywemo kugeza muri 2017 kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro ni 13749
Alexis Rwagasana utuye mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye avuga ko n’ubwo abantu benshi baba bashaka kwibera mu mujyi, gushakisha imibereho byoroshye mu cyaro kurusha mu mujyi.
Itsinda ry’abantu 36 bakora isuku ku mva zishyinguyemo imibiri y’Abantu mu irimbi ry’i Rusororo bavuga ko amafaranga binjiza mu kwezi yabahinduriye ubuzima, bakabasha kwiteza imbere ndetse ubu bakaba batunze imiryango yabo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko inyungu fatizo yayo yagabanutse ku kigero cya 0.5%, aho yavuye kuri 7.5% ikagera kuri 7% kubera umuvuduko w’igabanuka ry’ibiciro wagaragaye ku isoko.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri i Nairobi muri Kenya, mu rwego rwo rw’Inama ngarukamwaka ya 59 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yo muri uyu mwaka wa 2024, (African Development Bank - AfDB) yagiranye ibiganiro na Perezida William Ruto wa Kenya.
Marie Claire Kanyamibwa wahoze akina umukino w’intoki wa Basketball, uyu munsi akaba ari umutoza, avuga ko basketball imaze gutera imbere kandi irimo amahirwe menshi ugereranije n’imyaka yo hambere.
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) Felix Antoine Tshisekedi, kuwa Kabiri 28 Gicurasi yahinduye guverinoma yinjizamo abaminisitiri bashya abandi bahindurirwa imirimo.
Mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwahamije Barikana Eugène icyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko rumuhanisha gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.
Mu kiganiro cyatanzwe na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 mu nama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (African Development Bank - AfDB) iri kubera i Nairobi muri Kenya, yagaragaje uburyo Abanyafurika ubwabo ari bo bakwiye gufata iya mbere mu gushaka ibisubizo bibaganisha ku (...)