• M23 irashinja FARDC gushimuta inka no kwica abaturage

    Umutwe wa M23 wavuze ko nta bitero wagabye ku matariki ya 13 na 15 Gicurasi 2023 ahubwo ko ibyo ari bihuha byahimbwe n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) ngo bibe urwitwazo rwo kongera kugaba ibitero kuri uyu mutwe.



  • Ibiro by

    Nyakabanda: Umugabo yapfiriye mu nzu mu buryo butunguranye

    Umugabo witwa Ndahiro John yapfiriye mu nzu, nyuma yo gusaba ko bamuhamagarira ubuyobozi kuko yumvaga ngo agiye gupfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rwagitanga, Akagari ka Nyakabanda I, Umurenge wa Nyakabanda, mu ijoro ku Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023.



  • Musanze: Ubuyobozi bwasobanuye iby’umunyeshuri wapfiriye mu kigo yigagamo

    Umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko yapfiriye mu kigo cy’ishuri yigagamo, nyuma y’icyumweru yari amaze aharwariye. Uwo mukobwa witwa Umuhire Ange Cecile, yigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye muri Ecole des Sciences de Musanze, ikigo cy’Amashuri giherereye mu Karere ka Musanze.



  • Iburasirazuba: Biyemeje guhashya ibiyobyabwenge n’ibicuruzwa byinjizwa mu Rwanda bidasoze

    Abazwi nk’Imboni z’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ndetse na Tanzaniya, bavuga ko bashyize imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge na magendu (ibicuruzwa byinjizwa bidasoze) kuko iyo binyuze ku mupaka bigasora, amafaranga abivuyemo ari yo agaruka akubaka Igihugu.



  • Numvaga arira amazi amutwaye ariko nta mbaraga nari mfite zo kumutabara (Ubuhamya)

    Itariki ya 2 Gicurasi 2023 ni umunsi utazava mu mutwe urugo rwa Nteziyaremye Feza na nyakwigendera Mukamanzi Genereuse. Ibiza byabaye kuri iyo tariki ishyira iya 3 Gicurasi byasize amatongo ahari hatuye uyu muryango n’urwibutso rw’umwana w’amezi atandatu Nteziyaremye yasigiwe n’uwo bari barashakanye watwawe n’umwuzure.



  • Bamufatanye ‘umwana’ babanaga nk’umugore n’umugabo

    Umusore w’imyaka 24 wo mu kagari ka Kabazungu, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, yatawe muri yombi azira gufatanwa umukobwa w’imyaka 16 nk’uko ababyeyi b’uwo mwana babivuga, uwo musore n’umukobwa bakaba bari bamaranye iminsi ibiri babana mu nzu y’uwo musore.



  • Papa Francis

    Papa Francis yihanganishije Abanyarwanda bibasiwe n’ibiza

    Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda byatangaje ko Papa Fransisiko yifatanyanyije n’Abanyarwanda mu kababaro kubera abitabye Imana bazize ibiza. Ikinyamakuru ‘Vatican News’ na cyo cyanditse ko Papa Francis yavuze ko ababajwe kandi asabira abapfuye bazize Ibiza byatewe n’imvura nyinshi mu Ntara y’Iburengerazuba (...)



  • RIB yerekanye abantu 11 bakekwaho kwiba moto 10

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 11 batawe muri yombi, barimo abakekwaho kwiba n’abavugwaho kugura moto zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, zose hamwe zikaba ari icumi.



  • Perezida Paul Kagame

    Perezida Kagame yihanganishije abagizweho ingaruka n’ibiza

    Perezida Paul Kagame yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru, n’Amajyepfo mu ijoro rishyira ku itariki ya 03 Gicurasi 2023, bigateza inkangu n’imyuzure.



  • Musanze: Barohoye umurambo urongera urabacika

    Umurambo w’umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’imyaka 15, wabonetse mu mugezi wa Mpenge mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza, ariko kubera ubwinshi bw’amazi yamanukaga muri uwo mugezi, bamaze kuwurohora urongera urabacika.



  • Abantu bane bakurikiranyweho guhisha Pulake za moto

    Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ku wa Gatandatu tariki ya 29 Mata 2023, ryafatiye mu Karere ka Kamonyi, abantu bane barimo abamotari babiri n’abagenzi babiri bari batwawe kuri moto bahishe nimero ziziranga (Plaque) bagambiriye gukwepa amande y’amakosa yo mu muhanda.



  • Imodoka itwara abagenzi irakongotse

    Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Musambira, Akagari ka Buhoro, Umudugudu wa Reramacumu, ahagana saa 18h30 z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023 habereye impanuka, imodoka itwara abagenzi y’ikigo cya Ritco yavaga i Kigali yerekeza Muri Ngororero ifatwa n’inkongi y’umuriro irakongoka.



  • Hari abumvise nabi inshingano Polisi iherutse guhabwa

    Mu minsi ishize Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano z’Ubugenzacyaha zirimo izo kugenza ibyaha byerekeye impanuka zo mu muhanda. Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishya rihindura iryo mu 2010, ryagenaga ububasha, inshingano, imitunganyirize n’imikorere bya Polisi y’u Rwanda.



  • Abaturage bitabiriye igikorwa cyo gushaka imibiri

    Rusizi: Mu isambu ya Paruwasi Mibilizi habonetse indi mibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside

    Mu isambu ya Paruwasi ya Mibilizi, Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Gashonga, Akagari ka Karemereye, Umudugudu wa Mibilizi, hakomeje kuboneka imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.



  • Turahirwa Moses

    Mu byaha Turahirwa Moses akurikiranyweho harimo n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge

    Turahirwa Moses wamenyekanye cyane kubera inzu y’imideli ya ‘MOSHIONS’ yafunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.



  • Ibikorwa byo gushakisha abaguye mu kirombe bimaze igihe bikorwa ariko kubageraho byarananiranye

    Abantu icumi barakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cyagwiriye abaturage

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu icumi bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyagwiriye abaturage mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.



  • Umugabo biravugwa ko yakomerekejwe n

    Musanze: Umwana yakomerekeje se ubwo yageragezaga gutabara nyina wakubitwaga

    Mu Kagari ka Migeshi mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze haravugwa inkuru y’umwana w’imyaka 14 ushakishwa, nyuma yo gutoroka amaze gutema se ageragezaga gukiza nyina wakubitwaga.



  • Polisi yerekanye abasore batanu bakurikiranyweho kwambura abantu ku muhanda

    Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yerekanye itsinda ry’urubyiruko rw’abahungu batanu bashinjwa kwambura abantu ku muhanda babashikuje ibintu(cyane cyane telefone n’amafaranga).



  • Umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

    Umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira wongeye kuba nyabagendwa

    Nyuma y’uko imvura nyinshi iguye ku Cyumweru tariki 23 Mata 2023, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bikaba ngombwa ko uwo muhanda ufungwa, Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha uwo muhanda ko wongeye kuba nyabagendwa.



  • Batanu batawe muri yombi mu iperereza rikorwa ku myubakire y’Umudugudu wo Kwa DUBAI

    Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko abantu batanu bafashwe, barimo abayobozi bane bafite aho bahuriye n’Akarere ka Gasabo. Barakekwaho gutanga uburenganzira bwo kubaka inzu zivugwaho kubakwa nabi mu Mudugudu w’Urukumbuzi, ahazwi nko ‘Kwa DUBAI’.



  • Yafatiwe mu cyuho yiba insinga z’amashanyarazi

    Umugabo witwa Dukurikiyimana Céléstin yafatiwe mu cyuho, ari hejuru ku ipoto arimo kwiba insinga z’amashanyarazi ahita atabwa muri yombi hamwe n’abandi bantu bane bikekwako bafatanya muri ubwo bujura.



  • Kigali: Umunyamahanga yasubijwe amafaranga asaga Miliyoni enye aherutse kwibwa

    Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Mata 2023 yeretse itangazamakuru abasore babiri bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni enye (4,110,000 Frw) mu modoka y’umunyamahanga Walker Jemrose Leonara mu Mujyi wa Kigali.



  • Kamonyi: Ukekwaho kwica uwari umukozi w’Akarere yarashwe arapfa

    Mu rukerera rwo ku wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023, umusore witwa Kubwimana Daniel w’imyaka 33 y’amavuko, yarasiwe mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Remera mu Mudugudu wa Kanyinya ubwo yari agiye kwerekana bimwe mu byo yibye muri urwo rugo mu gihe yicaga nyakwigendera Mujawayezu Madeleine, akagerageza gucika inzego (...)



  • RIB yafunze Umubikira ukekwaho kwirengagiza umugore uri ku nda

    Tariki 12 Mata 2023, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Umubikira witwa Twizerimana Vestine uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kivumu, ukurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga.



  • Kigali: Ukekwaho ubujura no gutera umukobwa icyuma yafashwe

    Rushigajiki Emmanuel ukomoka mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Gikonko mu Ntara y’Amajyepfo, mu masaha ya saa 20h30 tariki 12 Mata 2023 yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho icyaha cy’ubujura akanakomeretsa umukobwa witwa Aloysie Mukeshimana w’imyaka 23 amuteye icyuma mu ijosi no mu nda.



  • Byabereye mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro

    Kigali: Ukekwaho ubujura aravugwaho gutera umukobwa icyuma

    Mu ijoro ryo ku wa 11 Mata 2023 mu Mudugudu wa Itunda, Akagari ka Rubirizi Umurenge wa Kanombe mu Mujyi wa Kigali, umuntu ukekwaho kuba ari umujura wari witwaje intwaro gakondo yinjiye mu rugo rwa Ayabagabo Christophe na Mpiriwe Monica, ahura n’umukobwa witwa Aloysie Mukeshimana w’imyaka 23 amutera icyuma mu ijosi no mu (...)



  • Kayonza: Hatangiye iperereza ku mibiri yabonetse mu mugezi

    Ku wa Mbere tariki 10 Mata 2023 mu Kagari ka Rugendabari, Umudugudu wa Kanyamasha mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, habonetse imibiri 45 bikekwa ko ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu Rwanda mu 1994.



  • Ikarita y

    Bugesera: Babiri bakekwaho ubujura barashwe nyuma yo kwanga guhagarara

    Abagabo babiri bo mu Karere ka Bugesera barashwe n’inzego z’umutekano ubwo bahagarikwaga mu ijoro ryo ku wa 10 Mata 2023 bivugwa ko bavuye kwiba, aho guhagarara bakagerageza kurwanya abashinzwe umutekano, bakoreshe imipanga n’ibindi bikoresho bari bitwaje.



  • Ibi bintu byose byakuwe mu nzu y

    Nyagatare: Abakekwaho ubujura 13 bafashwe mu cyumweru kimwe

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagatare, Ingabire Jenny, avuga ko mu cyumweru kimwe gusa hamaze gufatwa abantu 13 bakekwaho ubujura bagafatanwa n’ibyo bibye.



  • Musanze: Yagwiriwe n’igiti yarimo atema ahita apfa

    Umusore witwa Ndayizeye Valens wo mu Kagari ka Kamisave, Umurenge wa Remera mu Karere ka Musanze, yagwiriwe n’igiti yarimo atema ahita apfa. Uwo musore yarimo atema icyo giti ari kumwe na nyina na we warimo akurura umugozi bari bakiziritse, ngo yabonye kiri hafi kugwa asanga nyina agira ngo amufashe kugikurura ngo (...)



Izindi nkuru: