Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Karere ka Palma, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufunze abaturage batanu, barimo abagore babiri bakekwaho icyaha cyo kurwanya ububasha bw’amategeko ndetse n’icyaha cyo kwirengagiza inshingano z’umubyeyi cyangwa umwishingizi nta mpamvu.
Urwego rw’Iperereza (RIB) rwatangaje ko rwafashe Twizerimana David ufite chaines/channels za Youtube zitwa Smart Guys TV na Smart Nation TV na bagenzi be batatu bakurikiranyweho gukinisha abana filime z’urukozasoni no kuzikwirakwiza bifashishije imbuga nkoranyambaga nka YouTube.
Ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, ni ho aba bagize Inzego z’umutekano z’u Rwanda bahagurukiye aho umuhango wo kubasezeraho witabiriwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga 2023 igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasohoye itangazo ryamagana ibyatangajwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kivuga ko abasirikare b’u Rwanda binjiye ku butaka bwa Congo muri Kivu ya Ruguru.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko muri iyi minsi bashyizeho gahunda yo kugenzura amarondo no kuyongerera ubumenyi mu rwego rwo kuyafasha gukora neza.
Itsinda ry’abasirikare muri Niger ryatangaje kuri Televiziyo y’Igihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, ko bahiritse ubutegetsi bwa Perezida wa Niger Mohamed Bazoum. Ibyo batangaje ko bikozwe mu izina ry’Inama y’Igihugu ishinzwe kubungabunga ubusugire bw’igihugu (Conseil national pour la sauvegarde de (...)
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Nyakanga, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré.
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ihana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaza ko umutekano umeze neza nubwo hamaze iminsi havugwa abarwanyi ba FDLR n’ingabo za Congo (FARDC) zegerejwe umupaka w’u Rwanda.
Maniragaba Emmanuel wo mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve, ahangayikishijwe no kubura amafaranga ibihumbi 730 yari abikiye umuturanyi yaburiye mu gikorwa cyo kumutabara, basohora ibintu mu nzu yari imaze gufatwa n’inkongi.
Arikiyepisikopi wa Kiliziya Gatolika ya Diyosezi ya Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado, Dom Antonio Juliasse Sandramo n’intumwa ayoboye, basuye icyicaro gikuru cy’inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Karere ka Mocimboa da Praia.
Mu ijoro ryo ku wa 19 rishyira ku wa 20 Nyakanga 2023, Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryamagana ugushaka gushoza intamabara kw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zitwaje amakuru y’ibihuha atarigeze atangazwa na Leta y’u Rwanda.
Mu ishuri rikuru rya Gisirikari riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, harimo kubera imyitozo ya Gisirikari yitwa Ushirikiano Imara, ihuza ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ayinkamiye Cecile wo mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare yafashwe na Polisi ya Nyagatare akekwaho guhohotera abana.
Inzego z’umutekano muri Uganda zikomeje guhiga abarwanyi ba ADF bavugwaho kugaba igitero ku kigo cy’amashuri yisumbuye, abantu 42 biganjemo abanyeshuri bakahasiga ubuzima, abandi batahise bamenyekana umubare bagashimutwa.
Ku wa Kane tariki 15 Kamena 2023, mu Ishuri Rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangiye inama y’iminsi ibiri yiga ku Mahoro, Umutekano n’Ubutabera (Symposium on Peace, Security and Justice).
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023 yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku cyicaro cya RDF avuga kuri bimwe mu byatumye abasirikare bo mu rwego rwa ofisiye 116 birukanwa ku mirimo yabo ndetse 112 muri bo amasezerano yabo araseswa.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yabwiye Abofisiye bakuru baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane wa Afurika ko bahanzwe amaso mu kubakira ku bumenyi bakesha amasomo bahawe, abasaba kurushaho gusigasira ubusugire bw’ibihugu bakomokamo.
Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge ko ibinyabiziga byabo bishobora gutezwa cyamunara kubera kunanirwa kwishyura amadeni y’amakosa batakoze, bikekwa ko biterwa n’abahindura ibirango by’ibinyabiziga.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, itsinda riturutse mu Ngabo z’u Bufaransa (FAF) riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’Amahanga, ryatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Lt Col Simon Kabera wagizwe Umuvugizi Wungirije w’ Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2023, afite imyaka 50 y’amavuko, kuko yavutse mu 1973. Yavukiye muri Uganda, akomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda bari barahungiye muri Uganda mu 1962.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, aho Juvenal Marizamunda yagizwe Minisitiri w’Ingabo, naho Lt Gen Mubarakh Muganga agirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo.
Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku Isi, kasabye ko intambara irimo kubera muri Sudani ihita ihagarara, hagakurikiraho ibiganiro bigamije kugera kuri politiki ya demokarasi irambye yatuma amahoro agaruka muri icyo gihugu kimaze iminsi cyugarijwe n’ibibazo by’intambara.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Nkurunziza Faustin, yatangaje ko imibiri y’abantu 12 bafite mu nyubako y’Akagari yabonetse muri 2019, muri Santere ya Mizingo, itinda gushyingurwa kuko babanje gushakisha amakuru kuri iyo mibiri kubera ko hari abavugaga ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, (...)
Perezida wa Santarafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yagiranye ibiganiro n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’izi iki gihugu ziri mu murwa mukuru, Bangui.
Umusore w’imyaka 22 yafatiwe mu cyuho mu Karere ka Ngororero, agerageza gukorera undi muntu ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga hifashishijwe mudasobwa.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023 inkongi y’umuriro yibasiye inzu yo ku isoko rya Gisozi yakorerwagamo ikanacururizwamo intebe.
Major Gen. Aphaxard Muthuri Kiugu, uherutse gutangira imirimo ye nk’Umuyobozi w’Ingabo za Kenya ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashima ibyagezweho n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community Regional Force - EACRF), akizeza ko azanye ubunararibonye mu bijyanye no kuyobora (...)