Igishishwa cy’imizi ya moringa gishobora gutuma ubwonko buhagarara gukora

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi (IRST), Dr. Nduwayezu Jean Baptiste, arahamagarira abantu kudakoresha moringa uko babonye, kuko igishishwa cy’imizi ya yo gishobora gutuma ubwonko buhagarara gukora.

Dr. Nduwayezu agira ati “imizi ya moringa, n’ubwo ari umuti, igishishwa cyayo cyifitemo uburozi bushobora gutuma ubwonko buhagarara gukora (brain paralysis).”

Icyakora, ngo n’ubwo kiriya gishishwa cyifitemo buriya burozi, indi mimaro ya moringa si iyo kwirengagizwa, harimo kuba nta wuyirya ngo abe yarenga ngo arware bwaki.

Moringa igira intungamubiri nyinshi.
Moringa igira intungamubiri nyinshi.

Urugero uyu muyobozi atanga ni urw’uko abagororwa bo mu magereza yo mu Rwanda ahinga iki gihingwa bamenye umumaro wacyo ku buryo ngo usanga iyo babohereje gukora mu murima wacyo, usanga bavunagura amababi bakayarya, kuko baba bazi neza ko yigiramo intungamubiri nyinshi ku buryo nta wayirya ngo arware bwaki.

Moringa kandi ngo ishobora kuvamo imiti itandukanye. Ivamo n’amavuta aribwa ndetse anashobora kwifashishwa mu gukora mazutu yo mu bihingwa (biodiesel).

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Moringa ninziza ariko burya nukuyitondera gusa mutubwira nakamaro kimizi yayo

[email protected] yanditse ku itariki ya: 16-06-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka