Abavandimwe batatu bavutse ari ibikuri ariko ntibibabuza kwitunga

Abavandimwe batatu, abakobwa babiri n’umuhungu batuye mu Mudugudu wa Bunyeronko, Akagali ka Gakindo, Umurenge wa Janja mu Karere ka Gakenke bavutse ari ibikuri ariko ntibibabuza kwirwanaho mu buzima bwabo bwa buri munsi bakabasha kwitunga.

Mukahigiro Florentine w’imyaka 26, Karuyange Alexie w’imyaka 23 na Bagiraneza Noheli w’imyaka 20 bavutse ari ibikuri mu muryango w’abana batandatu. Abo bavandimwe bavutse ku babyeyi bombi batari ibikuri.

Umubyeyi wabo usigaye dore ko se yitabye Imana, asobanura ko atigeze amenya ko yabyaye ibikuri kugeza babaye bakuru kuko bakiri abana bato ngo banganaga n’abandi bana. Yaje kubimenya abibwiwe n’abaturanyi, na we arebye abandi bana bavukiye igihe kimwe asanga abe ari bagufi.

Aba bavandimwe bahisemo gukoresha amaboko yabo bakiteza imbere. (Photo: N. Leonard)
Aba bavandimwe bahisemo gukoresha amaboko yabo bakiteza imbere. (Photo: N. Leonard)

Abo bavandimwe bafite uburebure buri hagati ya senimetero 80 na metero 1.10 bavuga ko bafasha umubyeyi wabo imirimo itandukanye yo mu rugo irimo guhinga, guteka no kwahirira inka; ariko ngo guhinga birabagora kubera imbaraga nke n’ingano yabo.

Karuyange na Bagiraneza batangiye gushakisha imibereho, bacuruza ibyo kurya no kunywa mu Gasentere kari hafi y’iwabo birimo amata, icyayi n’imineke. Ubucuruzi bwabo ngo bugenda neza ariko hari abantu banga kubagurira kubera kubanena.

Bakomeza bavuga ko mu nzira aho banyura batabazi bahura n’ivangura n’akato aho abantu babibazaho, abanyeshuri bo babatera amabuye.

Ikibabaza cyane ngo ni uko bahabwa akato na bamwe mu bashinzwe gutanga serivisi bagombye kuba barabirenze. Karuyange atanga urugero rw’umuyobozi w’akagali wanze kumusinyira ashaka gusaba inguzanyo y’ubucuruzi mu Murenge wa SACCO yitwaje ko ngo atashobora kuzishyura iyo nguzanyo kuko ari igikuri.

Ibyo ntabwo bibaca intege ahubwo bikomereza imirimo yabo ibafasha kubaho; nk’uko Karuyange akomeza abishimangira. Ikindi, kuba bafite ubumuga bwo kutaba barebare ntibivuga ko bafite ubumuga mu mutwe cyangwa mu bitekerezo.

Ngo nubwo ari ibikuri ntibibabuza gukora ngo biteze imbere.
Ngo nubwo ari ibikuri ntibibabuza gukora ngo biteze imbere.

Bagiraneza wahinduye imisatsi ye nk’iy’abasitari yemeza ko afite impano y’ubuhanzi ashaka kubyaza umusaruro nubwo kubona amikoro yo kujya muri studiyo kugira ngo asohore indirimbo bikiri agatereranzamba.

Uyu musore wagize amahirwe yo kurenga umupaka w’u Rwanda akajya muri Kenya akamarayo amezi atatu, ashimangira ko imyumvire y’Abanyakenya yateye imbere, aho barenze guha akato abantu bafite ubumuga nk’ubwe.
Avuga ko ubwo yari yo akora akazi k’ubutekinisiye bamweretse urukundo bakamwubahira akazi abakorera.

Bahangayikijwe no kutagira mitiweli

Mukahigiro Florentine ufite umwana w’imyaka 8 kandi unateganya kwibaruka undi wa kabiri, afite impungenge ko igihe we cyangwa umwana we yarwaye atazabasha kwivuza ku giti cye nta bwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli afite.

Yongeraho ko bari mu bantu batishoboye bagombye gufashwa kugira ngo babone mitiweli. Ati: none se abantu badashobora guhinga kuki batahabwa mitiweli.” Ubusanzwe abantu batuye muri ako gace imibereho bayikesha guhinga kuko ari byo bibaha amafaranga yo gukemura ibibazo bitandukanye.

Abayobozi bo hasi babandika mu baturage batishoboye bagomba guhabwa mitiweli ariko bagategereza ko bahabwa amakarita ya mitiweli amaso agahera mu kirere.

Mukahigiro n'umuhungu we w'imyaka 8 y'amavuko. (Photo: N. Leonard)
Mukahigiro n’umuhungu we w’imyaka 8 y’amavuko. (Photo: N. Leonard)

Uyu muryango ubaye uwa kabiri umenyekane mu gihugu uvukamo ibikuri bitatu nyuma y’undi wo mu Karere ka Muhanga mu gice cya Ndiza havutse ibikuri bitatu byibera mu Mujyi wa Musanze.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Aba ni abazukuruza ba Kanyarengwe Alexis ndabazi neza banatuye mu itongo rye. Ariko babayeho nabi. Thx!

yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

Aba ni abazukuruza ba Kanyarengwe Alexis ndabazi neza banatuye mu itongo rye. Ariko babayeho nabi. Thx!

yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

ntibavuga ibikuri bavuga ABAFITE UBUMUGA BWO KUBA BAGUFI

nirere yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

mbega abana bahiye!

yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

Umuntu utabasha kwishyura mutuel yabasha gute kwishyura inguzanyo ya SACCO, ntabwo umuntu yabyita akato, ahubwo ikigaragara ni uko bakeneye ubufasha aliko nabo ni abana ba Abrahamu, nibatabarwe bahabwe mutuel bareke kwiyumvamo akato.

AKARIZA Synthia yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

yooo! Barashimishije disi!Ni abagabo batanga urugero rwiza aho abandi nk’abo bahitamo gusaba aho gushyira amaboko hasi bagakora.

ukuri yanditse ku itariki ya: 14-12-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka