Kamonyi: Umuhanda Rugobagoba-Mukunguri ugiye gukorwa

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko butangira gutunganya umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, ureshya na Km 19, uzakorwa ushyirwamo raterite ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr. Nahayo Sylvere avuga ko kubera ko uwo muhanda ukoreshwa cyane n’amakamyo atwara umucanga yitwa Howo, ngo umuhanda uzakorwa ku buryo uzaba ukomeye bikawurinda kwangirika vuba.

Ku kijyanye na rwiyemezamirimo wari waratsindiye isoko ryo kubaka uwo muhanda akawuta utuzuye, Dr. Nahayo avuga ko Akarere kamutsinze kandi katazahomba usibye kuba gusa izo manza zaratindije ikorwa ry’uwo muhanda.

Umuhanda Rugobagoba-Mukunguri uhuza Kamonyi na Ruhango wari umaze imyaka myinshi waradidijwe na Rwiyemezamirimo, biteza ibibazo byanatumye udakomeza kuba nyabagendwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

NTITUKIGERA AHO TUVUKA KUBERA UMUHANDA TURABYISHIMIYE KUBA UGIYE GUKORWA.

roseline yanditse ku itariki ya: 8-05-2024  →  Musubize

NTITUKIGERA AHO TUVUKA KUBERA UMUHANDA TURABYISHIMIYE KUBA UGIYE GUKORWA.

roseline yanditse ku itariki ya: 8-05-2024  →  Musubize

uyu muhanda ukwiye kaburimbo kuko uragendwa cyane.

Keny yanditse ku itariki ya: 8-05-2024  →  Musubize

Miliyari kuri "laterite" ntabwo bizakemura ikibazo rwose; ahubwo wagenda uwukora mu byiciro (phases) ariko ugashyiraho couche ya kaburimbo izaramba; guarranty y’iyi laterite ntayo mbijeje rwose.

Mr. F yanditse ku itariki ya: 8-05-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka