U Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi w’ingoro z’umurage

Yanditswe ku itariki ya: 18-05-2013 - Saa: 13:03'
Ibitekerezo ( )

U Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu byo ku isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ingoro z’umurage, mu muhango wabereye ku musozi wa Rwesero kuri uyu wa Gatanu tariki 17/05/2013 ahubatswe inzu y’ubugeni n’ubuhanzi mu karere ka Nyanza.

U Rwanda rwahawe bimwe mu bikoresho Abadage bakoresheje mu ntambara ya mbere y’isi

Yanditswe ku itariki ya: 17-01-2013 - Saa: 09:20'
Ibitekerezo ( 1 )

Ibikoresho birimo amapine y’imodoka zakoreshejwe mu ntambara ya mbere y’isi, aho Abadage bari bakoronije u Rwanda bahanganaga n’Ababiligi bashakaga kubakuramo, byashyikirijwe ingoro ndangage y’u Rwanda ishami rya Kigali, iherereye ku Muhima.

“Ibitekerezo bidashingiye ku muco ntibyatugeza ku bukungu burambye” - Minisitiri Mitali

Yanditswe ku itariki ya: 20-11-2012 - Saa: 10:41'
Ibitekerezo ( )

Minisitiri w’umuco na siporo, Mitali Protais, aravuga ko iterambere ry’igihugu rigomba gushingira ku kwimakaza umuco w’igihugu, kuko umuco wirengagijwe nta terambere ryagerwaho.

Nyanza: Inzu umwami wa nyuma w’u Rwanda yabayemo iri kuvugururwa

Yanditswe ku itariki ya: 11-10-2012 - Saa: 09:41'
Ibitekerezo ( 5 )

Inzu umwami wa nyuma w’u Rwanda, Kigeli V Ndahindurwa, yabayemo iri ahitwa ku Bigega mu karere ka Nyanza irimo kuvugururwa kugira ngo ijyane n’uburyo bw’imyubakire igezweho ijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Nyanza iherereyemo.

Rudoviko Sagatwa wabatijwe bwa mbere muri ADEPR aracyariho

Yanditswe ku itariki ya: 15-09-2012 - Saa: 09:56'
Ibitekerezo ( 10 )

Pasiteri Rudoviko Sagatwa wabatijwe bwa mbere mu Rwanda mu itorero rya ADPR tariki 31/12/1943 akanaritangiza ku mugaragaro mu cyahoze ari Cyangugu, aracyari muzima.

Ahahoze irimbi ry’abami hagaragara imva ya Kigeli IV Rwabugili gusa

Yanditswe ku itariki ya: 8-05-2012 - Saa: 14:24'
Ibitekerezo ( 10 )

Irimbi ry’abami riherereye Mudugudu wa Nyakavunga, Akagari ka Kigabiro, mu Murenge wa Rutare, mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, ryashyingurwagamo abami b’u Rwanda mu gihe cya cyera, risigayemo imva imwe yonyine y’Umwami Kigeli IV Rwabugili, mu gihe mu Rwanda habaye abami barenga 32.

Ambasade y’Amerika mu Rwanda yizihije ukwezi kw’abirabura

Yanditswe ku itariki ya: 23-02-2012 - Saa: 15:52'
Ibitekerezo ( )

Abanyamerika bahariye ukwezi kwa kabiri ibikorwa byo kuzirikana akababaro n’ubugome bujyanye n’ivanguramoko Abanyamerika bakomoka muri Afurika bakorewe kuva mu kinyejana cya 19 ubwo batari bafite uburenganzira bungana n’ubw’abazungu.

Urubyiruko rw’Abarundi n’Abanyarwanda 70 mu iserukiramuco i Huye

Yanditswe ku itariki ya: 17-02-2012 - Saa: 09:35'
Ibitekerezo ( )

Urubyiruko rw’Abanyarwanda rwigira imyuga mu Ngoro y’umurage y’i Huye, uruturuka muri muri African Mission Alliance n’urw’Abarundi rwaturutse muri Komini ya Kayanza, bahuriye mu iserukiramuco ribera mu Ngoro y’Umurage y’i Huye, ryatangiye ku itariki 15 rikazarangira 19/02/2012.

Hagiye kubakwa ingoro y’umugabekazi Kankazi izerekana uburinganire mu Rwanda rwo hambere

Yanditswe ku itariki ya: 29-12-2011 - Saa: 08:44'
Ibitekerezo ( 8 )

Mu mezi atatu ari imbere hazatangira kubakwa inzu ndangamurage izerekana uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda rwo hambere. Iyi nzu izubakwa aho umugabekazi Radegonde Kankazi nyina w’umwami Mutara III Rudahigwa yari atuye mu mudugudu wa Nyarucyamu mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe ho mu karere ka Muhanga.

Pages 1 | 2
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile