Agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda kazamutseho 0,37
|
Yanditswe ku itariki ya: 16-12-2011 - Saa: 16:37'
|
|
Ibitekerezo
(
1
)
|
|
|
|
Ibipimo by’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda bigaragaza ko mu kwezi k’Ugushyingo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda kwamanutse kukava kuri 7,76 kukagera kuri 7,39 ariko ibiciro by’ibiribwa byo byiyongereyeho 0,34.
Imibare yashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, tariki 15/12/2011, ivuga ko ibiryo n’ibinyobwa bidasindisha byari ku gipimo cya 35,38 mu bice by’umujyi, yazamutseho 9.15 mu kwezi kwa 11 umwaka washize, mu kwezi kwa 10 uyu mwaka bikaba byariyongereyeho 0,99.
Rwanda nirwo ruhagaze neza ku kibazo cyo guta agaciro k’ifaranga n’izamuka ry’ibiciro ugereranyije n’ibindi bihugu bigize aka karere nka Kenya, Uganda na Tanzania aho imibare ho yikubye kabiri.
Emmanuel N. Hitimana
|