MURI IRAN UMUPASITERI YANZE KUBA UMUYISILAMU AKATIRWA URWO GUPFA
|
Yanditswe ku itariki ya: 5-10-2011 - Saa: 15:39'
|
|
Ibitekerezo
(
9
)
|
|
|
|
Pasiteri Youcef Nadarkhani ukomoka mu gihugu cya Iran yakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rw’ikirenga rwaho kubera ko yanze kwinjira mu idini ya Isilamu kandi abakurambere be bari baririmo
Nk’uko ikinyamakuru Sky News kibitangaza ngo uyu mugabo asanzwe ari umupasitori mu bakristu, ntiyigeze na rimwe aba umusilamu, gusa ngo ntibyamubujije gukatirwa igihano cy’urupfu ashinjwa ubuyobe bwo kuva mu idini ry’umukiro rya Isilamu. Gusa kuba n’ubusanzwe yarahoze ari Umukiristu ntabwo birimo kumugwa neza kuko abakuru b’imiryango batangaza ko niba abasekuru be bari abasilamu nawe agomba kuba umuyisilamu cyangwa agafatwa nk’uwishe amategeko.
Mu kujurira kwa Pasitori Nadarkhani kuwa Gatatu, Urukiko rw’ikirenga rwa Iran rwanze icyifuzo cye, ahubwo rutegeka ko asubira mu bacamanza b’ibanze i Rasht akaba ari bo bafata umwanzuro niba Nadarkhani yarigeze kuba umusilamu mbere yo kuba umukirisitu nyamara n’abacamanza b’i Rasht bavuga ko Nadarkhani atigeze aba Umusilamu, ariko ko abakurambere be bari muri iri dini nk’uko tubikesha ikinyamakuru telegraph.
Uyu mugabo yafashwe mu mwaka wa 2009 ahabwa amahirwe inshuro zigera kuri eshatu yo kuba yareka kuba umukristu akagaruka muri Isilamu aranga, kugeza n’aho mu rubanza rwe yagize ati: “Kwihana banshinja bivuga gusubira muri Isilamu, nasubiriramo iki ? Mu mubabaro nari ndimo mbere y’uko mbona urumuri muri Kirisitu”. Umucamanza nawe akamusubiza ko agomba kubikora kuko ari iyobokamana ry’abasekuruza be. Gusa Nadarkhani yakomeje atsembera uwo mucamanza amubwira ko adashobora kubikora ibi bikaba byaravuzwe n’ikigo gishinzwe amategeko n’ubutabera muri Amerika.
Ubu abakirisitu bo muri Iran baratabaza ko amahanga yabafasha gusohoka muri aka kaga ko gutotezwa bazira ukwemera kwabo kuko ubu hamaze gutabwa muri yombi abakirisitu 300 mu mijyi 35 yo muri iki gihugu kuva muri Kamena 2010. Abafashwe nabo ngo bafungirwa muri za gereza zanduye ndetse bakanabaho mu buzima bubi cyane.
Anne Marie NIWEMWIZA
|