Mambo yisabiye gusezererwa muri Rayon Sport kubera ko atayibonamo

Yanditswe ku itariki ya: 26-08-2012 - Saa: 11:25'
Ibitekerezo ( 1 )

Umukinnyi Mambo wari usanzwe ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports arashaka kuva muri iyi kipe nyuma yo kwisabira ubuyobozi bwayo ko imureka akigendera kuko atibona neza muri iyi kipe.

Amakuru dukesha umutoza wa Rayons Sport, Bizimungu Ali, atangaza ko uyu mukinnyi ku giti cye ariwe wasabye kuva muri Rayon Sports.

Ali yagize ati “ yatubwiye yuko atibona mu ikipe, atameze neza kandi atayishimiramo asaba yuko twamurekura. Yabitugejejeho nk’abatoza noneho twebwe twanga kubimuhatira turabimwemerera ariko tumubwira yuko tuzabivuganaho n’ubuyobozi.”

Aya makuru atangajwe nyuma y’umunsi umwe ikipe ya Rayon Sports itsinzwe ibitego bibiri n’ikipe ya Younger yo muri Tanzania mu mukino wa gicuti. Muri uyu mukino benshi batangaje ko ibitego byombi byaturutse ku makosa yakozwe na Mambo.

Nyuma yo gutsindwa ibi bitego bibiri, umutoza Ali yahise asimbuza Mambo igice cya mbere cy’umukino kitararangira.

Jacques Furaha

Andi makuru - Football
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

ubwo koko ntimutubeshye?Mambo yavuye muri espoire ajya muri Rayon ryari?mudusobanurire.

habana yanditse ku itariki ya: 28-08-2012
Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile