Umuhanzi nyarwanda Jean Bosco Bakunzi yerekanye ibihangano bye muri Amerika

Yanditswe ku itariki ya: 22-08-2012 - Saa: 10:51'
Ibitekerezo ( )

Umuhanzi nyarwanda akaba yaranarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Jean Bosco Bakunzi, yerekanye ibihangano (ibishushanyo) bye bwa mbere muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuwa kabiri tariki 21/08/2012.

Muri uwo muhango wabereye ahitwa Bay Area muri San Francisco, Bakunzi yabanje kuvuga ku buzima bwe ndetse n’akazi akora.

Yasobanuye ko ari umwe mu bagize ikigero cy’Abanyarwanda bakora ibihangano byo kureba (visual arts) bagamije gukiza ibikomere igihugu cyatewe n’intambara.

Kugura ibihangano byiza bya Bakunzi biteza imbere umurimo wa Uburanga Arts Studio wo guhuza imico itandukanye, guteza imbere ubuhanzi mu rubyiruko rw’u Rwanda ndetse no kurubibamo icyizere cy’ejo hazaza.

Bimwe mu bihangano Bakunzi yerekanye muri Amerika.
Bimwe mu bihangano Bakunzi yerekanye muri Amerika.

Bakunzi agira ati “nizera ko ubuhanzi bufite imbaraga zo gukiza abantu mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe n’amarangamatuma kuko najye byankijije”.

Umushinga wa Bakunzi ufasha abana kurwanya ihungabana bahuye naryo mu buzima. Abo bana bafashwa guteza imbere ubumenyi no guhanga ku buryo bizabafasha kugira imibereho myiza. Ibihangano bya Jean Bosco Bakunzi wabisanga ku rubuga rwa Uburangaarts.

Kigali Today

Andi makuru - Ubugeni

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile