Arabie Saoudite: Bagiye kubaka umujyi w’abagore gusa

Yanditswe ku itariki ya: 15-08-2012 - Saa: 14:29'
Ibitekerezo ( )

Mu gihugu cya Arabiya Sowudite ngo bagiye kubaka umujyi uzaba ari uw’abagore gusa mu rwego rwo guteza imbere imyuga y’abagore n’amategeko ya sharia.

Arabiya Sawudite ngo irifuza kujyana n’ibihe isi igezemo. Ibyo ngo ikabikora ishinga uwo mujyi w’umwihariko uzatangira kubakwa umwaka utaha. Uwo mujyi ngo uzafasha abagore babyifuza gukora badaciye ku ruhande amategeko y’igihugu.

Sharia ntibuza abagore gukora ariko abagore b’abayisilamu ntibahabwa agaciro ku buryo bagize 15% gusa by’abakozi.

Muri uwo mujyi abagabo bazaba bahejwemo ngo hazagaragara ibigo biyoborwa n’abagore kandi hakazaboneka imirimo mishya isaga ibihumbi 500 mu bijyanye no gukora imyambaro, imiti ndetse n’amafunguro.

Intego ya kabiri y’uyu mujyi w’abagore ni ugusimbuza abacuruzi b’abagabo b’abanyamahanga abategarugori bo muri Arabiya Sawudite; nk’uko ikinyamakuru Dailymail kibitangaza.

Niyonzima Oswald

Andi makuru - Ntibisanzwe
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile