Ruhango: Abayoboke 15 b’idini ry’Abagorozi bakatiwe igifungo cy’umwaka
|
Yanditswe ku itariki ya: 7-08-2012 - Saa: 09:10'
|
|
Ibitekerezo
(
2
)
|
|
|
|
Urukiko rw’ibanze rwa Ruhango rwahamije Abakirisitu 15 icyaha cyo kutubahiriza gahunda za Leta, rubakatira igihano cyo gufungwa umwaka umwe bakanatanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 50.
Bimwe mu byaha aba Bagorozi bahamijwe tariki 06/08/2012 harimo kubuza abana babo kwiga, kudafata indangamununtu, ubwisungane mu kwivuza n’izindi gahunda zose za Leta batajya bemera gukurikiza.
Aba bakirisitu batawe muri yombo tariki 16/07/2012 mu murenge wa Bweramana barimo gusenga ndetse bari no mu gikorwa cyo kumvisha abana babo ko batagomba kwiga ahubwo bakamenya ko umurezi mukuru ari Yesu.
Itorero ry’Abagorozi ni itorero ryitandukanyije n’itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi nabo bakaba basenga kuwa gatandatu ariko ngo bo bakunze gusengera mu ngo z’abantu no munsi y’ibiti.
Iri torero rivuga ko nta kintu nta kimwe cy’isi bemeranya ntacyo. Bagira bati “umurezi mukuru ni Yesu, umuganga mukuru ni Yesu, umuyobozi wa mbere ni Yesu, byose ni Yesu” ku bakirisitu biri torero bose bumva ko gahunda zose zikemurwa na Yesu.
Eric Muvara
|