Nyamasheke: Umugabo yagwiriwe n’ikirombe ahita yitaba Imana

Yanditswe ku itariki ya: 3-08-2012 - Saa: 13:04'
Ibitekerezo ( )

Uwizeyimana Zakayo w’imyaka 30 yagiriwe n’ikirombe ubwo yacukuraga amabuye yo kubaka mu mudugudu wa Karambi akagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri ahita apfa mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.

Uwizeyimana yacukuraga amabuye ahantu ku mukingo hanyuma biza kumuridukiraho ahasiga ubuzima; nk’uko byatangajwe na Munyankindi Eloi, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushekeri.

Uyu mugabo yavukaga mu mudugudu wa Karugerero, akagari ka Mugera mu murenge wa Shangi, akaba yari ari gucukura amabuye akorera uwitwa Mukarutinywa Augusta.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, umurambo wa nyakwigendera wari ugiye kujyanwa ku bitaro bya Kibogora.

Emmanuel Nshimiyimana

Andi makuru - Imbere mu gihugu
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile