U Buhinde: Bamukuye mu ijisho inzoka ireshya na santimetero 13

Yanditswe ku itariki ya: 14-07-2012 - Saa: 12:27'
Ibitekerezo ( )

Umugabo utaratangajwe izina wo mu gihugu cy’u Buhinde wakuwemo inzoka mu jisho ireshya na santimetero 13.

Uyu mugabo ubwo yari amaze iminsi itari mike aribwa mu jisho ku buryo budasanzwe, yegereye umuganga uvura amaso, amaze kumupima amusangamo inzoka ndende yiberaga munsi y’jisho rye, nk’uko tubikesha Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP.

Igikorwa cyo kumukuramo iyo nzoka cyamaze iminota 15 gusa, aho bamaze kuyikuramo yakomeje kwizunguza no gusimbagurika. Abari baraho bagize ubwoba bwinshi ku buryo byatumye ijyanwa gupimwa n’abahanga mu binyabuzima kugira ngo barebe inkomoko yayo.

Umuganga wabashije kuyitegereza neza amaze kuyimenya, yatangaje ko ishobora kuba yarinjiye uyu mugabo iciye mu gisebe cyangwa mu biribwa bidahiye neza, ikagera mu jisho iciye mu miyoboro itwara amaraso.

Ernestine Musanabera

Andi makuru - Ntibisanzwe
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile