Ruhango: Umuvugabutumwa yahagaritse abantu amasaha agera kuri atandatu ababwira ijambo ry’Imana

Yanditswe ku itariki ya: 14-07-2012 - Saa: 12:16'
Ibitekerezo ( 4 )

Umuvugabutumwa Ramadan, ufite akabaho mu kwaha.

Ramadan wifata nk’umuvugabutumwa, yahagaritse abantu bari bitabiriye isoko abamarana amasaha agera hafi kuri atandatu ababwiriza ijambo ry’Imana akananyuzamo akabahanurira ibizaba.

Ramadan uri mu kigero cy’imayaka 26, yatangiye ubuhanuzi bwe mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/07/2012, muri gare ya Ruhango asoma amagambo menshi muri bibiliya ari nako abifatanya no kubwiriza abavaga mu modoka bagiye kurema isoko.

Uyu muvugabutumwa yavugaga ijambo ry’Imana nta muntu abwiye ngo aze aho ari, ariko nyuma y’akanya gato wajyaga kubona akabona abantu bamwuzuyeho akandi kanya ukabona baragiye akandi bakagaruka baruta abambere.

N’ubwo hari abantu benshi bemeranya n’abantu bavuga ubutumwa ku mihanda, mu modoka, mu masoko, muri za gare n’ahandi, hari abavuga ko ubundi ijambo ry’Imana riba rigomba kuvugirwa aho ryagenewe mu rusengero, kuko ahandi bishobora guteza ingaruka zitari nke.

Ramadan amaze kuvuga ijambo ry'Imana arimo guhabwa mafaranga.
Ramadan amaze kuvuga ijambo ry’Imana arimo guhabwa mafaranga.

Umwe muri aba bagenzi bari bakurikiranye ubu butumwa yagize ati: “Ariko ubundi aba bantu koko ubu ntibaba babangamira abantu cyangwa bakababuza gukora ibyabavanye iwabo?”

Bamwe mu baturage bavuga ko inzego z’umutekano, ziba zikwiye gukurikiranira hafi aba bantu, ngo kuko abenshi hari igihe babikora bagamije izindi nyungu zidafite aho zihuriye no gukangurira abantu inzira igana mu ijuru.

Zimwe mu nyungu aha bashinja aba bavuga butumwa, ngo ni uko akenshi iyo aba bavuga butumwa iyo bamaze kuvuga ijambo ry’Imana bakurikizaho no gusaba abari babateze amatwi amafaranga.

Eric Muvara

Andi makuru - Ntibisanzwe
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Abantu bakeneye kumenya ukuri ,kandi ntahandi bakumenyera atari mw’ijambo ry’Imana.Ahubwo abizera bose bakwiye gusohoka bakajya kubwira abantu ibya Yesu,kubigisha kwemera ko ari abanyabyaha,bakihana maze kakakira Yesu nk’Umwami n’Umucunguzi wabo.Ntabwo rero ibi byavugirwa mu nsengero gusa ahubwo abizera baribakwiye kujya inzu ku yindi bavuga ubutumwa bwiza.

Nsengumuremyi Bernard yanditse ku itariki ya: 25-07-2012

Imana yaremesheje isi, ibiboneka n’ibitaboneka Ijambo ryayo!!! Ni gute iryo Jambo ry’Imana ryakoze ibyo byose ryavugirwa ahabugenewe (mu Nsengero) gusa? Ahubwo iryo Jambo rigomba gutangazwa hose kuko byose byaremwe na ryo biremerwa muri Ryo!!! Ese ko basaba inzego z’umutekano kureba bene abo bantu babuza abandi gahunda zabo, ubwo baba barenze abazana imiziki baje gukora publicite banabyinira abantu, kwicira abandi gahunda? Bamwe baravuga Ijambo rigamije guhindura imyitwarire y’abantu abandi nabo bakazana ibibakurura bibajyana mu myidagaduro akenshi inabaviramo kuraruka!!! Icyo gukora ubwo ni ikihe?

Ukuri yanditse ku itariki ya: 17-07-2012

nonese hari uwo bashyiramo umugozi, hari uwo babuza gahunda ye? Eric wibangama mu nkuru, umuvugabutumwa akaora akazi ke abantu bakizana, na Yesu kandi yarabwirizaga mu nzira mu masoko n’insengero erega ijaombo ry’imana tugomba kurigenda.

naho gusaba ntawe yiba na yesu yaravugaga ngo nimujye aha muzane iki bakakizana ahubwo tubwire yahanuye iki?

naho kwigisha hakenewe benshi bigisha abantu guhindura imyitwarire mibi riho ubu

yanditse ku itariki ya: 16-07-2012

Kuba nta muntu bafata ku ngufu ngo yumve ibyo bavuga ndumva nta kibazo gihari!!

yanditse ku itariki ya: 16-07-2012
Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile