APR Fc yahagaritse bamwe mu bafatwa nk’ inkingi za mwamba

Ikipe ya APR Fc yahagaritse abakinnyi bayo bane nyuma yo kuvuga ko bagaragaje imyitwarire itari myiza

Nk’uko byatangarijwe abanyamakuru b’imikino, APR Fc yahagaritse abakinnyi bane ari bo Iranzi Jean Claude, Eméry Bayisenge, Ntamuhanga Tumaini ndetse na Ndahinduka Michel.

Iranzi Jean Claude, umwe mu bakinnyi bafatiye runini APR Fc
Iranzi Jean Claude, umwe mu bakinnyi bafatiye runini APR Fc

Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n’Umunyabanga mukuru w’iyi kipe Kalisa Adolphe, yadutangarije ko aba bakinnyi bagaragayeho imyitwarire itari myiza bituma bahagarikwa igihe kitazwi.

Yagize ati "Twabahagaritse igihe kitazwi, ni ukubera imyitwarire mibi nta kindi"

Shampiona ishobora gukomeza baragarutse mu ikipe ...

Kalisa Adolphe yakomeje agira ati" Bahagaritswe igihe kitazwi, gishobora kuba kinini cyangwa gito, imikino itaha hari n’igihe yagera baragarutse, byose birashoboka"

Hari benshi bibazaga ko hari aho bihuriye n’ikipe y’igihugu

N’ubwo ikipe yemerewe kuba yagumana abakinnyi bakiyifitiye amasezerano, APR Fc yo iratangaza ko n’ubwo bahannye aba bakinnyi, bagomba kwitabira imyitozo n’imikino mu ikipe y’igihugu ku bahamagawe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

JYEWEMBONA,UMUTOZAWACU,WAPERI,ADASHOBOYE,BAMWIRUKANEDUSHAKE,UNDIKUNAGOTUBYUVAMURAKOZE

HABUMUGISHAPASIKARI yanditse ku itariki ya: 28-05-2016  →  Musubize

nimuteshe hakiri kare

Nambajimana Aloys yanditse ku itariki ya: 27-05-2016  →  Musubize

bakoze ayahe makosa kimuharatura

alias yanditse ku itariki ya: 26-05-2016  →  Musubize

Iranzi na Emery ahhhhhha,nzaba numva

Sush yanditse ku itariki ya: 26-05-2016  →  Musubize

AHUBWO APRFC YARIKWIYE GUHAGARIKA RUBONA KUKO UBUSHOBOZI BWE NTIBUMWEMERERA KUNGIRIZA MURI APRFC KWISI HOSE MURI SPORT NTACYIMENYANE USHOBOYE NIWE UHABWA AKAZI.REBA NAMWE APR FC AHO IHEZE IDIGAYE ITERWA 4-0 BIRABABAJE.MURAKOZE

rukundo yanditse ku itariki ya: 26-05-2016  →  Musubize

UWO NI UMURENGWE.KANDI NYUMA YU MURENGWE HAZA INZARA.KANDI NTAWUCIRIRA IMBWA ISHAJE.MURAKOZE.

nizeyimana yanditse ku itariki ya: 25-05-2016  →  Musubize

Iranzi,emery nabo barimo kok??????Birababaje kabs

Harerintwari Aime serge yanditse ku itariki ya: 24-05-2016  →  Musubize

Ukuntu bari imfura zacu!!!!!!!!!!

Harerintwari Aime serge yanditse ku itariki ya: 24-05-2016  →  Musubize

ntibazagaruke.turambiwe .indisprineei

alias yanditse ku itariki ya: 24-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka