Kirehe: Yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Umubyeyi wo mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba arasaba ubufasha nyuma yo kubyara umwana ufite imitwe ibiri.

Uwo mubyeyi wabyaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Gashyantare 2016, avuga ko yatunguwe no kumva ko yabyaye umwana ufite imitwe ibiri.

Umubyeyi wo mu Karere ka Kirehe yabyaye uyu mwana ufite imitwe ibiri. Ifoto/Kigali Today.
Umubyeyi wo mu Karere ka Kirehe yabyaye uyu mwana ufite imitwe ibiri. Ifoto/Kigali Today.

Agira ati "Namaze kubyara bambaze ntibahita bambwira ikibazo cy’umwana wanjye. Babanje kubimpisha nyuma bamwira ko yavukanye imitwe ibiri mpita ngwa mu kantu."

Akomeza yibaza uko azamurera, yagize ati "Ni ikibazo ntakiriye neza kuko nibajije uko nzamurera biranyobera. Nzakura he utwenda!"

Mu bindi bibazo yibaza harimo uko azajya amuheka n’uko azajya amwonsa. Ati "Ese buriya koko azabaho!"

Mu kiganiro na Dr Ngamije Patient, yadutangarije ko nubwo iby’uwo mwana wavukanye imitwe ibiri bidasanzwe ariko bibaho mu cyo yise "deformation" aho ngo impinja zishobora gufatana igice kimwe cy’umubiri.

Cyakora kugira ngo ikibazo nk’icyo gikemuke bisaba ubushobozi buhambaye n’abaganga b’inzobere.

Uwo mubyeyi wibarutse umwana ufite imitwe ibiri, yari asanzwe ari umubyeyi wubatse unafite abandi bana bane bameze neza, uwo wavutse akaba ari uwa gatanu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 26 )

UWMUBYEYIN’UWO KWITABWAHO AGAFASHWA NDINYAGATARE.

NSENGIYUMVA.J. yanditse ku itariki ya: 24-10-2016  →  Musubize

Mbese yahise yitaba Oman!? Yoooo imana imwakire mubayo!

damas yanditse ku itariki ya: 15-05-2016  →  Musubize

Imana irahambaye bavandi!

Jean Pierre yanditse ku itariki ya: 7-05-2016  →  Musubize

leta imwiteho

razaro yanditse ku itariki ya: 26-04-2016  →  Musubize

uyumubyeyi akeneye ubufasha agire kwihangana IMANA imurihafi

batamuriza alliance yanditse ku itariki ya: 4-04-2016  →  Musubize

ako gakobwa ni agatwari kbsa.

dede yanditse ku itariki ya: 22-03-2016  →  Musubize

UWO MUBYEYI YAHUYE NIHURIZO RIKOMEYE NIYIHANGANE.UBUZIMA NUMURUNGA MUREMURE MANA MUBE HAFI.MAMA SORRY

HABARUREMA yanditse ku itariki ya: 20-03-2016  →  Musubize

Biragoye kubyiyumvisha kubwagahinda mfite ntago nabona ucyomvuga gusa ihangabr mama

queen umutoni yanditse ku itariki ya: 14-03-2016  →  Musubize

gose uwomwana nitwari imana imwakiremutwari :

niyonsaba eryse sagaga yanditse ku itariki ya: 8-03-2016  →  Musubize

kwihangana bitera kunesha.BIBAHO GUSA PE UWO MUBYEYI NIYONGEREIBIHE BYO GUSENGA KANDI YIHANGANE.Imananimube bugufi.

Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 3-03-2016  →  Musubize

kwihangana bitera kunesha.BIBAHO GUSA PE UWO MUBYEYI NIYONGEREIBIHE BYO GUSENGA KANDI YIHANGANE.Imananimube bugufi.

Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 3-03-2016  →  Musubize

NITWA.ISSUMAILE:IBIBIHE TUGEZEMO.NI;UKWITONDA TUGASENGA.CYANEE, KUKO IBYANDITSE BYARASOYE PEE?

NSHIMIY’IMANA ISSUMAILE yanditse ku itariki ya: 2-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka