Pro-Femmes irakusanya miliyari 3.3Frw yo kubaka ikigo ntangarugero

Impuzamiryango iharanira uburinganire n’uruhare rw’umugore mu iterambere, Pro-Femmes Twese Hamwe, irakusanya inkunga yo kubaka ikigo ntangarugero mu karere, ibifashijwemo n’uwakumva abyishimiye wese.

Iki kigo kizahesha Abanyarwanda ishema mu karere k’ibiyaga bigari n’ahandi muri rusange, bitewe n’akamaro kizaba gifite ko guteza imbere uburinganire no gutanga ubumenyi ku bagore buturutse hirya no hino ku isi, nk’uko Kanakuze Jeanne d’Arc uyobora iyi mpuzamiryango yabitangaje.

Abikorera barimo Kompanyi y'indege z'u Rwanda, Rwandair, batwerereye Pro-femmes.
Abikorera barimo Kompanyi y’indege z’u Rwanda, Rwandair, batwerereye Pro-femmes.

Yagize ati “Amafaranga tugezeho twubaka icyo kigo ntabwo ari menshi, ariko turizera ko tubona ayandi menshi muri uyu mugoroba; iki kigo ni ishema ku mateka y’abanyarwandakazi, ni ahantu bazahahira ubwenge.”

Ikigo cy’icyitegererezo cyatangiye kubakwa i Gahanga muri Kicukiro, kizaba kigizwe n’inyubako eshatu harimo ibiro n’ububiko bw’inyandiko zivuga ku buringanire mu Rwanda.

Pro-Femmes yasabye abafatanyabikorwa barimo abayobozi, abikorera n'imiryango ya sosiyete itagengwa na Leta kuyitwerera.
Pro-Femmes yasabye abafatanyabikorwa barimo abayobozi, abikorera n’imiryango ya sosiyete itagengwa na Leta kuyitwerera.

Inyubako ya kabiri ikaba ari icyumba mberabyose cy’inama, indi nyubako ikazaba ari icumbi ry’abazagana icyo kigo.

Pro-Femmes igizwe n’imiryango 57 yo mu gihugu hose, irateganya gutaha inyubako ya mbere y’ibiro n’ububiko bw’inyandiko mu kwezi kwa gatanu k’uyu mwaka, ikazaba ifite agaciro ka miliyoni zirenga 433 Frw.

Abaministiri bane, aribo Johnston Busingye, Stella Ford Mugabo, Seraphine Mukantabana na Oda Gasinzigwa, bari gushyigikira Pro-Femmes
Abaministiri bane, aribo Johnston Busingye, Stella Ford Mugabo, Seraphine Mukantabana na Oda Gasinzigwa, bari gushyigikira Pro-Femmes

Nyuma bakazakomeza gushaka abafatanyabikorwa babafasha kubaka izindi nyubako zisigaye bitarenze imyaka ibiri.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Gashyantare 2015, Pro-femmes yatwerereje agera kuri miliyoni 92Frw, iyakuye ku bikorera bo mu Rwanda, abayobozi mu nzego za Leta, n’abagize imiryango ya Sosiyete sivile kandi kikazakomeza gukorwa.

hwa nka cyamunara ku giciro gihanitse kurusha ibindi, agurishijwe ahita ajya mu isanduku ya Pro-femmes.
hwa nka cyamunara ku giciro gihanitse kurusha ibindi, agurishijwe ahita ajya mu isanduku ya Pro-femmes.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ko mutatweretse se igishushanyo mbonera cy’IYO NYUBAKO.

G yanditse ku itariki ya: 13-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka