Abayobozi basabwa kudahutaza abaturage mu kubaka MUSA

Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma bwasabye abayobozi batandukanye kudahutaza abaturage mu gihe bari gushaka ko ubwitabire muri mituweli bwagera ku 100%.

Hashyizweho ingamba zo kubanza kumenya ingo zitaratanga ubwisungane mu kwivuza, hagakurikiraho ubukangurambaga bw’inzu ku yindi, nk’uko umuyobozi w’aka karere Nambaje Aphrodisi, yabitangarije mu nama yagiranye n’ayobozi batandukanye muri aka karere kuwa gatandatu tariki 23 Nzeri 2015.

Umuyobozi w'akarere yihanangirije abayobozi kutagira uhutaza umuturage ngo aramubaza MUSA ku ngufu.
Umuyobozi w’akarere yihanangirije abayobozi kutagira uhutaza umuturage ngo aramubaza MUSA ku ngufu.

Yagize ati “Kumenya ingo zitaratanga mituweri dufatanyije n’abajyanama b’ubuzima, tugakora ubukangurambaga umunsi ku munsi, dugafatanya n’abanyamadini mu bukangurambaga nizeye ko ntawuzasigara, kugera no kubakozi bo mu ngo.

Mugende mubigishe mubabwire ko ari itegeko kuyitanga ariko ntago tubatumye guhutaza abaturage mubafatira ibyabo ngo nibatange MUSA.Mubikore mu buryo budahutaje.”

Muri iyi nama yari ihuje abayobozi b’utugali, ab’akarere, ab’amakoperative n’abamadini, umuyobozi w’akarere yavuze ko ibyo bitagomba gukorwa hahutazwa umuturage ahubwo ko bigomba gukorwa mu buryo bwiza.

Kirenga Providence umuyobozi w'akarere ka Ngoma wungirije nawe yongeye kwibutsa abayobozi kutagira umuturage bahutaza muri iki gikorwa.
Kirenga Providence umuyobozi w’akarere ka Ngoma wungirije nawe yongeye kwibutsa abayobozi kutagira umuturage bahutaza muri iki gikorwa.

Ubuyobozi buvuga ko kugera muri uku kwezi muri aka karere kageze kuri 70% mu bwisungane mu kwivuza, aho kari kumwanya wa munani mu rwego rw’igihugu.

Ndacyayisenga Emilyen, umuyobozi w’akagali ka Akagarama, yavuze ko we abona ubundi ikibazo cyari gihari kiri ku bantu bahoze bari ku rutonde rw’abatishoboye batitabira kwishyura batekereza ko leta izakomeza kubarihira.

Ahubwo biyemeje gukurikiza itegeko ryashyizweho rihana umuntu wese utitabira gutanga ubuumusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ntabwo banga kuyatanga bayafite??????????????

gisa yanditse ku itariki ya: 25-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka