Abashinjwa gutanga amasoko nta piganwa bitabye urukiko

Abakozi b’akarere ka Rutsiro icyenda bitabye urukiko bisobanura ku cyaha bakurikiranyweho cyo gutanga amasoko ya leta nta piganwa ryabayeho.

Kuri uyu wa kane tariki 17 Nzeri 2015, nibwo aba bakozi barimo n’abo muri komite nyobozi y’akarere bitabye urukiko rw’ibanze rwa Gihango kugira ngo bisobanure kuri icyo cyaha cyo gutanga isoko ryo kugura inka hatabayeho amapiganwa.

Murenzi Thomas umunyamabanga nshingwabikirwa w'akarere, ari mu bakurkiranyweho gutanga amasoko nta pigirwa ryabaye.
Murenzi Thomas umunyamabanga nshingwabikirwa w’akarere, ari mu bakurkiranyweho gutanga amasoko nta pigirwa ryabaye.

Izo nka 15 zari zigenewe abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nk’uko byatangajwe na raporo y’umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ryakozwe mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015.

Muri abo bitabye ni umunyamabanga nshingwabikirwa w’akarere Murenzi Thomas, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu Nsanzimfura Jean Damascene na Jacqueline Nyirabagurinzira umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza.

Nyuma yo kumva impande zombi urubanza rwasoje hadatangajwe igihe imyanzuro y’urubanza izasomerwaho.

Aimable Mbarushimana Cisse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka