Ruhango: Umukozi wa SACCO yatorokanye asaga miliyoni eshatu

Mugabowishema Germain wari umukozi muri SACCO Baturebereho-Ruhango, arakekwaho gutorokana amafaranga asaga miliyoni eshatu akaburirwa irengero.

Ku manywa ya tariki 25 Kanama 2015, nibwo uyu Mugabowishema w’imyaka 23 y’amavuko, wakoreraga muri SACCO y’abaturage b’umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, nibwo yaburiwe irengero.

SACCO-Baturabareho Ruhango bayibye asaga miliyoni eshatu
SACCO-Baturabareho Ruhango bayibye asaga miliyoni eshatu

Umucungamutungo w’iyi SACCO, Tuyishime Marie Chantal, avuga ko uyu musore yagiye agiye mu karuhuko ka saa sita, nyuma baramutegereza baraheba, bagiye kureba aho yakoreraga, basanga amafaranga yifashishaga guha abakiriya angana na miliyoni 3.605.400 yayateruye.

Uyu mucunga mutungo avuga ko bakimara kubibona, bahise babimenyesha inzego zose zirmo ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gukurikirana amakoperative, Polisi n’ubuyobozi. Gusa kugeza ubu ntaratabwa muri yombi.

Uyu musore akaba akekwaho iki cyaha, nyuma y’igihe gito iyi SACCO imaze gutaha inyubako yayo ya magorofa abiri yiyujurije, aho abaturage batangazaga ko bamaze kuyigirira icyizere ndetse bamwe batangira gukangurira abandi kuyigana.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

None se uwo mucungamutungo Chantal we yamaze muri cachon ya pilice ibyumweru birenga bibili azira iki ? Madame Nduwayo nawe uri umujura mu bandi.....

RUTO yanditse ku itariki ya: 25-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka