Nyaruguru: Abafatanyabikorwa b’akarere bahamagariye ko ingingo y’i 101 ivugururwa

Abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyaruguru babwiye abagize inteko ishinga amategeko ko bashyigikiye ko ingingo ya 101 mu itegeko nshinga ivugururwa, kugira ngo Perezida wa Repubulika Paul Kagame akomeze kugeza abanyarwanda ku iterambere.

Nyuma yo gusobanurirwa neza itegeko nshinga mu biganro byabaye kuri uyu wa gatanu tariki 31 Nyakanga 2015, abafatanyabikorwa bahawe umwanya bavuga ibyo bagenderaho basaba ko iyo ngingo yavugururwa n’uburyo bumva byakorwa.

Abafatanyabikorwa bemeje ko bashyigikiye ivugururwa rya 101.
Abafatanyabikorwa bemeje ko bashyigikiye ivugururwa rya 101.

Bavuga ko kuva aho Perezida Kagame atangiye kuyobora u Rwanda, iterambere ryiyongereye mu gihugu,ariko cyane cyane ngo akaba yarafashije abaturage kuva mu bukene.

Bashingiye ku iterambere Abanyarwanda bamaze kugeraho by’umwihariko abatuye mu karere ka Nyaruguru, bumva nta cyatuma Perezida Kagame akomeza kuyobora kugira ngo iryo terambere rikomeze ryiyongere.

Senateri Jeanne d’Arc Mukakalisa uyoboye itsinda ry’abasenateri baganiriye n’aba bafatanyabikorwa, yavuze ko ibitekerezo byabo byakiriwe kuko ngo nabo bari mu bari banditse basaba ko iyo ngingo yavugururwa.

Senateri Mukakalisa yabijeje ko ibitekerezo byabo byakiriwe neza.
Senateri Mukakalisa yabijeje ko ibitekerezo byabo byakiriwe neza.

Yongeyeho ko bizagezwa kuri komisiyo ya politiki muri sena, hanyuma ngo iyi komisiyo ikazabyigaho ikurikije ibyo aba bafatananyiborwa kimwe n’abandi bose batanze ibitekerezo byabo bifuje.

Charles RUZINDANA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka