Ruhango: Bagereranya Kagame nk’umupilote udashobora guhagarika indege mu kirere ategejeje abagenzi iyo bajya

Abarimu bigisha mu bigo by’amashuri mu karere ka Ruhango, bashimangiye ko ingingo ya 101 yavugururwa bakagira amahirwe yo gukomeza kuyoborwa na Kagame, kuko ngo basanga atatererana Abanyarwanda.

Bamugereranya nk’umupilote w’indege udashobora kugera mu kirere ngo ahagarare ataragera aho ajyanye abagenzi, nk’uko uwitwa Murenzi Wellars, yabitangarije abadepite kuri uyu wa kane tariki 30 Nyakanya 2015.

Umwarimu Murenzi agereranya Perezida Kagame nk'umushoferi w'indege udashobora guhagarika indege mu kirere abagenzi bataragera iyo bajya
Umwarimu Murenzi agereranya Perezida Kagame nk’umushoferi w’indege udashobora guhagarika indege mu kirere abagenzi bataragera iyo bajya

Abadepite bari bahagarariwe na Byabarumwanzi Francois, bari mu biganiro n’abarimu bo muri aka karere, bigamije gutanga ibitekerezo ku ivugururwa ry’ingingo ya 101 ikumira perezida Paul Kagame kungera kwiyamamariza indi manda.

Murenzi wigisha mu kigo cy’amashuri abanza mu murenge wa Byimana, yavuze ko Kagame amugereranya nk’umupilote utwaye indege, kuko umupilote adashobora guhagarika indege mu kirere atayigejeje iyo abagenzi bajya.

Abarimu bose bemeza ko ingongo ya 101 yavugururwa.
Abarimu bose bemeza ko ingongo ya 101 yavugururwa.

Ati “Kagame wacu, aracyashoboye, amavuta yo gushyira mu ndege arayafite, ubushobozi bwo kuyigeza aho ijya arabufite, indege ye ni nzima, mumureke rero ayitware kandi nizera ko azayigezayo amahoro.”

Mushimiyimana Mediatrice wigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Mugunga mu murenge wa Ntongwe, we yavuze ko asanga kurekura Kagame ngo yo kubayobora, ari ukwivutsa amahirwe adasanzwe, agashimangira ko itegeko ryavugururwa.

Abadepite bahamirije abarimo ko ibyo babatuma batazabihindura.
Abadepite bahamirije abarimo ko ibyo babatuma batazabihindura.

Aba barezi kimwe n’abanzi bari bitabiriye iki kiganiro cyabareye cyumba cy’inama cy’akarere ka Ruhango, bakaba bashimangiye ko bashyigikiye ivugururwa ry’ingingo ya 101, bagasaba abadepite kurihindura vuba.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka