MFARMS: Uburyo bushya buzafasha abacuruzi b’amafumbire gutanga amakuru muri MINAGRI

MFARMS, ni uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bufasha abacuruzi b’amafumbire hirya no hino mu gihugu, kugaragariza Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, uko ibikorwa by’ubucuruzi bw’amafumbire bihagaze.

Umucuruzi w’ifumbire azajya yifashisha terefone ye igendanwa abashe kugaragariza Minisiteri y’Ubuhinzi ifumbire yaranguye, iyo yacuruje, itaracurujwe uko abahinzi bitabira kuyikoresha n’ibindi.

Aba abacurizi b'inyongeramusaruro berekwaga uko bazajya bakoresha MFARMS kuri Android bahawe.
Aba abacurizi b’inyongeramusaruro berekwaga uko bazajya bakoresha MFARMS kuri Android bahawe.

Ubu buryo bukaba bwarazanywe n’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi ,IFDC, kibinyujije mu mushinga wacyo PREFER, hagamijwe gufasha Leta mu kwegurira abikorera ubucuruzi bw’ifumbire mvaruganda.

Lambert Niyonshuti, umukozi wa IFDC/PREFER mu Karere ka Muhanga, avuga ko ubu buri mucuruzi wese ucuruza ifumbire, IFDC yamaze kumuha terefone igendanwa igizweho “Android”, zikaba zarashyizwemo ubu buryo bwa MFARMS, bazajya bifashisha gutanga ayo makuru.

Niyonshuti akavuga ko ubu bamaze guha amahugurwa buri mucuruzi wese, uko azajya akoresha ubu buryo, ndetse muri buri karere hakazajya hatoranywamo abacurizi batatu babizobereyemo kurusha abandi, babahe amahugurwa yihariye yo gufasha abandi bagize ibibazo by’izi terefone zigezweho.

Ngo hari n’abayobozi b’ama zone bazafasha mu guhuza abacuruzi b’amafumbire muri zone zabo, kubaha ubufasha bw’ibanze no gukemura ikibazo cyabaho kuri iryo koranabuhanga. Ibi bikazakemura ibibazo bahuraga na byo, kuko bagombaga guhamagara umukozi ubishinzwe ku karere.

Abacurizi b’ifumbire bakaba bishimira iyi serivise begerejwe ,kuko yabongereye ubumenyi ku bucurizi bwabo.

Mushimiyimana Chantal , umwe mu bacuruzi b’ifumbire wanahawe aya mahugurwa yo kuzajya afasha bagnezi be begeranye, avuga ko uburyo bwa MFARMS yabwishimiye cyane, kuko ari ikoranabuhanga rije mu buhinzi rizabafasha mu gutanga amakuru, gukora igenamigambi ryabo no kumenya ibyo bacuruje mu buryo buboroheye.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Maze kumenya ko Murenzi Supply Company Ltd ariyo Distributeur Officiel w’uruganda rwa YARA mu Rwanda.Yari yaribagiranye mu isoko ry’amafumbire kandi ibarirwa muzabanje ku isoko ariko igarutse yemye muri YARA.Zitugezeho vuba twihingire.

Alias yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

hano si aho kwamamariza urwo ruganda rwa Yara.munyure mu nzira mwari musanzwe munyuramo yokubona amafumbire cyane cyane kuri cooperative zibahuza mu turere.
Ifdc warakoze cyaneee ibyo ukora birivugira

Vestine M. yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

Rega iri niryo bita ikoranabuhanga, ahubwo dukwiye kugeza ikoranabuhanga no mu bindi byiciro

lucas yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

Birashimishije cyaneeee kubona ikoranabuhanga mu buhinzi.
congs kuri Lambert wahuguye abo bacuruzi. na IFDC uko yafashije abacuruzi.byaciye kakavuyo kabaga mu mafumbire.murakoze

Kayitare yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

None se za zindi twakoreshaga turazishyirahe ko twamaze kuzifata kandi dushaka Yara yujuje ibyangombwa nk’uko Minagri yabitangaje taliki ya 9/7/2015?Ese iyo fumbire iboneka he kandi gute?

Alias yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

None se za zindi twakoreshaga turazishyirahe ko twamaze kuzifata kandi dushaka Yara yujuje ibyangombwa nk’uko Minagri yabitangaje taliki ya 9/7/2015?Ese iyo fumbire iboneka he kandi gute?

Alias yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

Iyi gahunda iziye igihe.Nawe se kuba igiye gutangirana n’ifumbire mpuzamahanga ya YARA yashyigikiwe na Minagri kuba ariyo ikwiranye n’ubutaka n’ibihingwa bibuhinzeho si ubutabazi kubahinzi bahuraga n’amafumbire adafite inkomoko izwi.Bahinzi mugane YARA mutazuyaje.

mironko patrice yanditse ku itariki ya: 20-07-2015  →  Musubize

iyi nzira ni nziza cyane kugira ngo minagri ifashe abanyarwanda mu buhinzi buteye imbere

rwagasana yanditse ku itariki ya: 19-07-2015  →  Musubize

Iki gikorwa ni cyiza cyane, cyakozwe mu turere twose tw’igihugu.
Mu turere tugira abacuruzi benshi, hahuguwe abacuruzi bashinzwe amazone batanu muri buri Karere.

Germain yanditse ku itariki ya: 19-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka