Teta yarangije afite inzozi zo gukora muri MTN none ageze kure yihangira imirimo

Umuhanzi Teta Diana avuga ko yarangije amashuri yisumbuye afite inzozi zo kubona akazi mu bigo by’itumanaho ariko amaze kurangiza kwiga abona si ko bigenze ahita yiyungura igitekerezo cyo kwihangira imirimo.

Akimara kubona inzozi zidashobotse, ngo yahise afata icyemezo cyo kubyaza umusaruro impano afite y’ubuhanzi biza kumugeza kure ku buryo na we kuri ubu yatangiye umushinga wo gufasha urundi rubyiruko kurenga inzozi zo kumva ko hari abagomba kuzabaha akazi ahubwo bakabyaza umusaruro impano bifitemo bahawe n’Imana.

Yarangije amashuri yisumbuye afite inzozi zo gukra mubigo bikomeye nka MTN none yihangiye umurimo kandi ngo afite na guhunda yo gufasha urubyiruko kubyaza umusaruro ampano rufite.
Yarangije amashuri yisumbuye afite inzozi zo gukra mubigo bikomeye nka MTN none yihangiye umurimo kandi ngo afite na guhunda yo gufasha urubyiruko kubyaza umusaruro ampano rufite.

Mu kiganiro Showbusiness Time kiba kuwa gatanu kuri KT Radio, Teta Diana yadutangarije ko afite umushinga yise “Teta i Rwanda” uzamufasha kurushaho kugera ku nzozi ze zo gutetesha n’abandi.

Yagize ati “Mfite umushinga ndi gutegura ukomeye ndetse ni projet nise “Teta i Rwanda”. Izina Teta papa wanjye yarinyise atetesha mama wanjye. Ndavuga nti ‘niba koko mama wanjye yarateteshejwe biciye mu izina ryanjye, njyewe mbese mbereyeho kugira ngo mama wanjye atete’. Ubu ngubu aho ngeze nanjye natetesha abandi muri izo ndirimbo z’ubutumwa n’izindi zose nkora, n’ibindi byose”.

Yakomeje agira ati “Teta i Rwanda urumvamo izina Teta ariko wateta i Rwanda. Ni Empowering Youth through arts. Ni gushishikariza urubyiruko no gukunda ubuhanzi cyangwa se kwigirira ikizere n’impano zabo. Hari abantu batari bumva agaciro k’ubuhanzi kandi aho ubu tugeze ubuhanzi ni ikintu gikomeye cyanatunga nyiracyo”.

Asaba urubyiruko kurekeraho kugira inzozi zo gusabiriza ndetse no gutegereza ibivuye ku bandi. Uyu mushinga wa Teta yise “Teta i Rwanda” ni umushinga ukiri mu nyigo akaba ngo azatangaza neza igihe bizaba bimaze kugera aho kuwushyira mu bikorwa, cyakora avuga ko ari vuba cyane.

Teta uherutse gushyira hanze indirimbo yise “Tanga agatego” kandi yakomeje anasaba urubyiruko kwita ku ishuri bityo ibyo bize n’ubuhanzi buva ku mpano zabo bikazabageza ku nzozi bifuza.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

She is really an example to us thanks Teta for that...

anna yanditse ku itariki ya: 7-09-2015  →  Musubize

For sure she is really an example to us and thanks.

anna yanditse ku itariki ya: 7-09-2015  →  Musubize

Nakomerezaho

Nsabimana thierry yanditse ku itariki ya: 9-08-2015  →  Musubize

Nakomerezaho

Nsabimana thierry yanditse ku itariki ya: 9-08-2015  →  Musubize

wowww ndamukunda cyane nakomereze aho

mignonne yanditse ku itariki ya: 18-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka