Amafaranga si yo twabuze, habanza kumenya igikwiye –Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame arahamagarira abayobozi n’abaturage ba Afurika kwicara bakanoza icyerekezo bifuza kugeraho n’ingamba zizabagezayo kuko ngo icyabuze mu iterambere ari umurongo uboneye, aho guhora bararikiye amafaranga y’abanyamahanga atangwa ari menshi ariko ntageze abantu aho bashaka.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye Addis Ababa muri Ethiopia, ubwo yatangizaga inama ihuje abashinzwe igenamigambi n’iterambere muri Afurika mu gitondo cyo ku wa 30 Werurwe 2015.

Perezida Kagame yagize ati “Ntabwo iterambere rizashingira ku mafaranga y’abanyamahanga kuko na Afurika irayafite, igikwiye kubanza ni ukumenya icyo dushaka n’uburyo bwo kukigeraho”.

Kagame arahamagarira abayobozi n'abaturage ba Afurika kunoza icyerekezo bifuza kugeraho.
Kagame arahamagarira abayobozi n’abaturage ba Afurika kunoza icyerekezo bifuza kugeraho.

Perezida Kagame yavugiye muri iyo nama ko mu bikibangamiye iterambere rya Afurika harimo mbere na mbere kutagira umurongo uhamye w’icyo bamwe mu Banyafurika bashaka kugeraho ndetse n’uburyo buzabageza ku ntego.

Kubwa Perezida Kagame ngo amafaranga siyo ya mbere ibihugu bya Afurika n’abaturage babyo bikeneye, ngo ikibabangamiye mu iterambere cy’ibanze ni ukunoza umurongo ukwiye hanyuma amafaranga n’ubundi bushobozi bukwiye ngo bizaboneka haba muri Afurika ndetse no mu mahanga.

Perezida w’u Rwanda yavugiye muri iyo nama ko iby’ibanze bikenewe mu guteza imbere Afurika bishobora kuboneka byose muri Afurika, no muri buri baturage aho batuye baramutse bashyize hamwe bagafatanya n’ibihugu bigafatanya hagati yabyo, abaturanyi bagahahirana ubwenge, ubumenyi n’ubutunzi.

Iyi nama ihuje abashinzwe igenamigambi n'iterambere muri Afurika.
Iyi nama ihuje abashinzwe igenamigambi n’iterambere muri Afurika.

Ibi ngo biri no mu byatumye u Rwanda rukuraho amananiza ku Banyafurika bashaka kwinjira mu Rwanda kuko ubu bose bemerewe ibyangombwa by’inzira iyo bageze ku mipaka y’u Rwanda, inyoroshyo itaba mu bindi bihugu kuko ushaka gusura igihugu runaka abanza gusaba izo nyandiko bita “visa” akazategereza igihe kirekire ngo azemererwe.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzi ibibazo biri mu kwakira abarugana bose, ariko ngo kubaka ikaze birimo no kwakira ubumenyi, ubutunzi n’ubukungu Abanyafurika bafite, kandi ngo u Rwanda rufite ingamba zo kubungabunga umutekano abarugenda badahungabanye batanagize ibyo bahungabanya.

Perezida Kagame ni umwe mu bafunguye iyi nama.
Perezida Kagame ni umwe mu bafunguye iyi nama.

Inama Perezida Kagame yitabiriye Addis Ababa igamije kunoza igenamigambi rikwiye kugenderwaho mu cyerekezo umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) washyizeho cyo guteza imbere Afurika mu buryo bukomeye kizagerwaho mu 2063.

Perezida Kagame witabiriye iyo nama ari kumwe na Madamu we Jeannette Kagame, ni umwe mu bayifunguye. Iyi nama iyobowe n’umuyobozi w’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Dlamini Zuma, Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Haliemariam Dessalegn, Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta n’abayobozi ba komisiyo y’umuryango w’Abibumbye ishinzwe iterambere rya Afurika ikaba yitabiriwe n’abaminisitiri bashinzwe iterambere n’igenamigambi mu bihugu bya Afurika.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ushobora kugira amafaranga ariko ntagenamigambi, cyimwe nokugira igenamigambi ariko ritanoze, abantu bagahora babona udahinduka, cg igihugu kidatera imbere. abanyafrika twibande kwigenamigambi kadi rinoze.

nshayija steven yanditse ku itariki ya: 30-03-2015  →  Musubize

Ibi nibyo iyo nta gahunda n’amafaranga ushobora kuyabona ariko akagupfira ubusa kuko ntacyo nyine uba wagenye cyo kuyakoresha. Mbega uyashora mubitazazana inyungu ngo ukomeze utere imbere. Ikindi niyo wayabona ntumenya ayo ushaka uko angana wasaba cg waguza make ntugere ku cyo washakaga nabwo ugahomba
We appreciate your vision for africa development.

gatarama yanditse ku itariki ya: 30-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka