PPC igiye gusaba ko Perezida Kagame yazaba mu biyamamariza kuyobora igihugu muri 2017

Ishyaka Riharanira Iterambere n’Ubusabane PPC, ryemeje kwandikira Inteko Nshinga Matageko y’u Rwanda, riyisaba guhindura ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yemereraga Umukuru w’igihugu manda ebyiri gusa, kugira ngo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame “ntazazitirwe mu baziyamamariza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017”.

Abahagarariye imiryango y’urubyiruko, imitwe ya Politiki n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko NYC, bo si ukwemerera Perezida Kagame gusa kuziyamamaza, ahubwo babimusabye banasaba n’Inteko guhindura Itegeko Nshinga.

Abayobozi ba PPC barimo Perezida wayo, Dr Alivera Mukabaramba.
Abayobozi ba PPC barimo Perezida wayo, Dr Alivera Mukabaramba.

Nyuma y’Inama ya biro politiki y’Ishyaka PPC, yateranye ku cyumweru tariki 29/3/2015 i Kigali, Umukuru waryo, Dr Alivera Mukabaramba yatangarije abanyamakuru ko basanze Perezida Kagame yaragejeje igihugu ku iterambere rikomeye, ku buryo ngo atagomba kuzitirwa mu baziyamamariza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.

Dr Mukabaramba, usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC), yagize ati ”Abanyamuryango bacu baravuga bati ‘Perezida wa Repubulika ashyigikiye gukorana n’indi mitwe ya politiki n’ibitekerezo byayo, yavanye abaturage mu bukene’, bati ‘rero twumva twamuha amahirwe nk’abandi bose baziyamamariza kuyobora u Rwanda, ubwo manda ya kabiri izaba irangiye.”

Abagize biro politiki y'Ishyaka PPC mu nama yabereye i Kigali ku cyumweru.
Abagize biro politiki y’Ishyaka PPC mu nama yabereye i Kigali ku cyumweru.

Ishyaka rya PPC rivuga ko ritarageza igihe cyo kuvuga niba rizatanga umukandida waryo bwite, cyangwa niba rizongera kwiyunga k’Umuryango wa RPF-Inkotanyi, uyoborwa na Perezida Kagame.

Indi nama yateranye kuri iki cyumweru yahurije hamwe urubyiruko ruhagarariye amatsinda 18 y’imiyoborere muri za kaminuza, imitwe ya politiki irindwi, imiryango 39 y’urubyiruko itegamiye kuri Leta, ndetse n’ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko; iyo nama ikaba yarateguwe n’Umuryango w’urubyiruko ruteza imbere amahame y’imiyoborere myiza na demokarasi RGPYD.

Umuyobozi wa RGPYD, Hakuzimana Samweli yagize ati:”Muri iki cyumweru turaba twamaze kugeza ku Nteko Nshinga Mategeko n’ahandi hose biri ngombwa, urwandiko rusaba guhindura Itegeko nshinga kugira ngo Perezida Kagame yemererwe kwiyamamariza indi manda, ndetse twe turanamusaba kwemera gukomeza kuyobora u Rwanda.”

Inama yahurije hamwe urubyiruko ruhagarariye abandi mu gihugu, irasaba Perezida Kagame kwemera gukomeza kuyobora Abanyarwanda.
Inama yahurije hamwe urubyiruko ruhagarariye abandi mu gihugu, irasaba Perezida Kagame kwemera gukomeza kuyobora Abanyarwanda.

Inama y’igihugu y’urubyiruko(NYC), yo ngo yamaze kugeza mu Nteko inyandiko isaba Perezida Kagame gukomeza kuyobora u Rwanda, nk’uko byatangajwe na Umutesi Rose, Umujyanama ushinzwe uburinganire muri NYC.

Ku cyumweru tariki 29/3/2015 kandi, Inama ya biro Politiki y’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana, PL, na yo yafashe imyanzuro irimo uwo kubaza abanyamuryango b’iryo shyaka, icyo batekereza ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga kugira ngo rikomeze kwemerera Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka