Ubushinwa: Ibipupe by’abakobwa mu misarane y’abagabo bibabuza kwiherera

Mu misarane yagenewe abagabo yo muri resitora imwe y’i Taiyuanho mu Bushinwa, inyuma y’ibyagenewe kwihagarikamo (urinoir) hari ibipupe by’abakobwa beza bambaye utwenda tworohereye.

N’ubwo ibi bipupe bifatwa nk’umutako watera uwubonye kumwenyura, abagabo wagenewe ntibawishimira kuko ngo ubatera kunanirwa kwihezura.

Ibi bipupe umugabo ubibonye bwa mbere ngo asohoka bwangu atihereye.
Ibi bipupe umugabo ubibonye bwa mbere ngo asohoka bwangu atihereye.

Iyi nkuru dusoma kuri 7sur7.be ivuga uko umukiriya umwe w’imyaka 24, nyuma yo kujya muri uyu musarane urimo ibipupe yagize ati « Ubwo nabonaga bariya bakobwa nahise nsohoka nibwira ko nibeshye nkaba nagiye mu misarane yagenewe abagore. Ariko aho mboneye ko ntari nibeshye, nagerageje kwihezura ariko biranga. »

Yunzemo ati « ntibyoroshye kubasha kwihezura urebwa n’umukobwa mwiza, kabone n’ubwo yaba ari igipupe. »

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Amaso yabyo harimo camara

mudacumura innocent yanditse ku itariki ya: 27-08-2015  →  Musubize

Ahubwo No Mu Rwanda Bazabishyireho Kbs

Aime Steven yanditse ku itariki ya: 7-08-2015  →  Musubize

IBYO MURWANDA NTIBIZAHAGERE

fanny liza yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

ariko ikinyarwanda kigeze iwandabaga ngo "kwihezura"

tayo yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Ubundi se ababihateretse bakanabitereka kuriya bagira ngo inkari zabagabo zize vuba?

Jean Evode yanditse ku itariki ya: 30-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka