Uburengerazuba: Urubyiruko rugiye kwandikira Inteko rusaba ko itegeko nshinga ryahindurwa

Urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’urubyiruko ruharanira iterambere rirambye (RYOSD: Rwanda Youth organization for Sustainable Development) ruratangaza ko rugiye kwandikira inteko ishinga amategeko, imitwe yombi, rusaba ko itegeko nshinga ryahindurwa kugira ngo Perezida Paul Kagame yemererwe kongera kwiyamamaza kuko bifuza ko yakomeza kuyobora u Rwanda.

Ibi babitangaje ku wa 27 Werurwe 2015 ubwo Umuryango RYOSD wafungura ibikorwa byawo ku mugaragaro mu Ntara y’Uburengerazuba.

Urubyiruko rwibumbiye muri RYOSD ngo rugiye kwandikira inteko ishinga amategeko rusaba ko itegeko nshinga ryahindurwa Perezida Kagame akongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.
Urubyiruko rwibumbiye muri RYOSD ngo rugiye kwandikira inteko ishinga amategeko rusaba ko itegeko nshinga ryahindurwa Perezida Kagame akongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Hashakimana Déogratias, umuyobozi wa RYOSD mu Karere ka Karongi yagize ati “Mu by’ukuri sinabona aho mpera mvuga ibigwi by’umusaza wacu kuko amaze kutugeza kuri byinshi, aho umunyarwanda wese atekanye akaba ariyo mpamvu mbona atwemereye yazakomeza kutuyobora”.

Mugenzi we Uwiringiyimana Consolée w’imyaka 23 wo mu Karere ka Rutsiro nawe ngo abona Paul Kagame bikunze akongera akiyamamaza yamutora kuko yakoze byinshi kandi byiza, nk’uburezi kuri bose ndetse no kugeza ku banyarwanda ibikorwa by’iterambere.

Hashakimana atangaza ko mu ntara zose bazandika basaba ko itegeko nshinga ryahindurwa Perezida Kagame agakomeza kuyobora u Rwanda.
Hashakimana atangaza ko mu ntara zose bazandika basaba ko itegeko nshinga ryahindurwa Perezida Kagame agakomeza kuyobora u Rwanda.

Umuyobozi wa RYOSD ku rwego rw’igihugu, Richard Hategekimana yabwiye Kigali Today ko intara y’Uburengerazuba ariyo yari isigaye kuganira ndetse no kwemeza ko ishyigikiye ko itegeko nshinga ryahindurwa, kuko ahandi hose bemeye kwandikira inteko ishinga amategeko basaba ko itegeko nshinga ryahindurwa, Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobore u Rwanda.

Urubyiruko rwibumbiye muri RYOSD ngo ruzandikira inteko ishinga amategeko ku wa mbere tariki ya 30 Werurwe 2015 rusaba ko itegeko nshinga ryahindurwa, kuko iririho ryashyizweho mu mwaka wa 2003 rivuga ko nta mukuru w’igihugu urenza Manda 2 ayobora, buri manda ikagirwa n’imyaka 7, bivuga ko itegeko nshinga ridahindutse Perezida Kagame ataba yemerewe kungera kwiyamamaza.

Biteganyijwe ko mu mwaka wa 2017 aribwo abanyarwanda bazongera gutora umukuru w’igihugu.

Depite Eugene Barikana, Perezida w'icyubahiro wa RYOSD yasabye urubyiruko kutamutenguha bagakora ibikorwa bibateza imbere.
Depite Eugene Barikana, Perezida w’icyubahiro wa RYOSD yasabye urubyiruko kutamutenguha bagakora ibikorwa bibateza imbere.

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

guhindura constitution?
wamenya aribiki?
dukeneye amahoro.

lack yanditse ku itariki ya: 29-03-2015  →  Musubize

guhindura constitution singombwa rwose,
manda ya 3 se nirangira tuzahora mwibyo?
ahubwo tumwimike cyangwa manda 3 kuburyo manda 1 izabe 15 imyaka.

lack yanditse ku itariki ya: 29-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka