Ngororero: Imodoka ikoze impanuka abanyeshuri babiri barapfa abandi barakomereka

Ahitwa i Hindiro mu karere ka Ngororero habereye impanuka imodoka ikoreshwa n’umuryango utegamiye kuri leta (ONG) igonga abanyeshuri, babiri bahita bahasiga ubuzima abandi benshi barakomereka, ubu bajyanywe kwa muganga.

Iyi mpanuka ngo itwaye ubuzima bw'abanyeshuri babiri.
Iyi mpanuka ngo itwaye ubuzima bw’abanyeshuri babiri.

Iyi mpanuka yabaye ku gicamunsi ngo yabaye ubwo iyi modoka yagongaga abanyeshuri bambukaga umuhanda, babiri bagahita bapfa. Abandi banyeshuri bane, uwari uyitwaye n’uwo bari kumwe ndetse n’abapolisi babiri bari muri iyo modoka nabo bakomeretse, ubu bose bajyanywe kwa muganga.

Aya makuru turacyayakurikirana…

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Birababaje

vincent yanditse ku itariki ya: 4-03-2015  →  Musubize

Pole Police iracyafite akazi ko kwigisha gutwara.

JManu yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

nizereko ubwo napolici yabibonye bitaribugore gusobanuka impamvuyiyompanuka murakoze kdi imiryango yabuze ababo twifatanyije nayo mukababaro

viateur murenzi yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

birababaje cyane kubona naba dame basigaye bakora accident kuburyo bumeze gutyo so, abahasize ubuzima twifatanyije nimiryango yabo muri ako kababaro; kandi bakomeze kwihangana;

Jean paul yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

ahhhha birakomeye

mbanza joshua yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

abantu batwara imodoka bihangane bagabanye umuvuduko

mbanza joshua yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

Abashoferi bo mu Rwanda barwaye iyihe ndwara mu maraso ituma bakoresha umuvuduko ukabije iyo batwaye imodoka?
Polisi nitabare naho ubundi abanyarwanda turashize.
Ese aba bashoferi ntibaba bakoresha ibiyobyabwenge?

Mpanuro yanditse ku itariki ya: 2-03-2015  →  Musubize

Ntago iyi modoka yabagonze bariya banyeshuri bari mu Muhanda, yataye umuhanda obasanga iruhande rw’ibumoso.

yusufu yanditse ku itariki ya: 2-03-2015  →  Musubize

iyi mpanuka ibaye nyuma y’uko indi ikoze ibara mu karere ka kamonyi .turasaba police y’u Rwanda gukurikirana ikibazo kiri mu bashoferi bo Murihe iyi minsi

alias kidany yanditse ku itariki ya: 2-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka