Iyi sura ya Nyarugenge ishobora gushyira Kigali mu hagezweho ku isi

Iterambere ry’imyubakire mu Karere ka Nyarugenge, kamwe mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, riri muri bimwe bihesha isura nziza umujyi wa Kigali.

Hari abashobora gukeka ko aha atari muri Kigali.
Hari abashobora gukeka ko aha atari muri Kigali.

Iterambere ry’imyubakire ya Nyarugenge rishimwa cyane n’abaturiye Kigali, kuko uretse n’uko rigaragaza iterambere ry’ Umurwa Mukuru w’u Rwanda, rinafasha abaturage mu iterambere ryabo, kuko benshi babona imirimo kuri ayo mazu aba yubakwa impande n’impande, bigatuma ubushomeri bugabanuka.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Ndayisaba Fideèle ubwo yatangizaga igikorwa cyo gukangurira abatuye Nyarugenge, uburyo bwo gusigasira iyo mitungo itimukanwa batanga imisoro, yatangaje ko iyi myubakire itandukanye ndetse n’ibindi bikorwa by’iterambere bigomba gusigasirwa bigafatwa neza, kandi bikabungwabungwa kuko biba byavuye mu ngufu z’abaturage.

Dore mu mafoto zimwe mu nyubako zo mu Karere ka Nyarugenge zikomeje
guhesha isura nziza umujyi wa Kigali:

Aha naho ni muri Kigali.
Aha naho ni muri Kigali.
Inyubako ya Centenery House ni imwe mu zitatse Umujyi wa Kigali.
Inyubako ya Centenery House ni imwe mu zitatse Umujyi wa Kigali.
Inyubako ikoreramo Deloite na yo yubatse muri Nyarugenge.
Inyubako ikoreramo Deloite na yo yubatse muri Nyarugenge.
Inyubako ya Ecobank ni imwe mu zimaze igihe mu Mujyi wa Kigali.
Inyubako ya Ecobank ni imwe mu zimaze igihe mu Mujyi wa Kigali.
Inyubako ya Grand Pension Plazza.
Inyubako ya Grand Pension Plazza.
Iyi ni Hotel des Mille Colline.
Iyi ni Hotel des Mille Colline.
Ibibanza byo kubakamo na byo biracyahari.
Ibibanza byo kubakamo na byo biracyahari.
Inyubako y'Ibiro by'Umujyi wa Kigali na yo iri hafi kuzura.
Inyubako y’Ibiro by’Umujyi wa Kigali na yo iri hafi kuzura.
Serena Hotel ni imwe mu magorofa ari mu Mujyi wa Kigali.
Serena Hotel ni imwe mu magorofa ari mu Mujyi wa Kigali.
Ahahoze RBA naho hari kuzamurwa indi nyubako izatuzwamo abantu yitwa Hill View Appartment.
Ahahoze RBA naho hari kuzamurwa indi nyubako izatuzwamo abantu yitwa Hill View Appartment.
Ahahoze ORTPN hagiye kuzura inzu y'ubucuruzi.
Ahahoze ORTPN hagiye kuzura inzu y’ubucuruzi.
Ahahoze hakorera Inama Nkuru y'Itangazamakuru (MHC) naho hari kuzamurwa inyubako yo guturamo.
Ahahoze hakorera Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) naho hari kuzamurwa inyubako yo guturamo.
Kigali City Market.
Kigali City Market.
Inyubako ya KCT iri mu Karere ka Nyarugenge.
Inyubako ya KCT iri mu Karere ka Nyarugenge.
Aha ni ahitwa ku mashyirahamwe mu Mujyi wa Kigali.
Aha ni ahitwa ku mashyirahamwe mu Mujyi wa Kigali.
Inyubako RSSB ikoreramo ari nayo ifite ubwiganze mu kubaka amazu menshi mu Mujyi wa Kigali.
Inyubako RSSB ikoreramo ari nayo ifite ubwiganze mu kubaka amazu menshi mu Mujyi wa Kigali.
Inzu ya RSSB ikoreramo MYICT, MIDIMAR, n'ibindi bigo bya Leta binyuranye.
Inzu ya RSSB ikoreramo MYICT, MIDIMAR, n’ibindi bigo bya Leta binyuranye.
Ahazwi nko kwa Kabuga mu Mujyi wa Kigali. Iyi nyubako iri mu zabanje kubakwa muri Kigali.
Ahazwi nko kwa Kabuga mu Mujyi wa Kigali. Iyi nyubako iri mu zabanje kubakwa muri Kigali.
La bonne Adresse House na yo yubatse mu Mujyi wa Kigali.
La bonne Adresse House na yo yubatse mu Mujyi wa Kigali.
Marriott Hotel iri kurangira.
Marriott Hotel iri kurangira.
Marriott Hotel niyuzura ni uku izaba imeze.
Marriott Hotel niyuzura ni uku izaba imeze.
Omega House na yo iba muri Nyarugenge.
Omega House na yo iba muri Nyarugenge.
T2000.
T2000.
Inyubako ya UTC.
Inyubako ya UTC.
Aha ni ahazwi nko kwa Rubangura mu Mujyi wa Kigali rwagati.
Aha ni ahazwi nko kwa Rubangura mu Mujyi wa Kigali rwagati.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

Kigali oyeeeee! Ndabona biri kuza da! Nahatari aha tuZahagera!

Nebo yanditse ku itariki ya: 14-07-2015  →  Musubize

Ikigaragara, nuko Atari Kigali gusa Izatera imbere. Nizindi ntara nuturere bagomba kwigiraho. Gusa, mumfashe kagame yongere atorwe, kuko niwe waduhaye umurongo mwiza ngenderwaho. Agomba kutujyana muri vision 2020 ubundi murebe ngo abanyamahanga baranga iwabo bakaza gutura I rwanda! Gusa nanone abanyarwanda dusabwa gukorera hamwe Kandi cyane. Murakoze.

Bizimana The’ophile yanditse ku itariki ya: 5-04-2015  →  Musubize

Niba aribyo Kigali ni nziza pe. Ubgo se kagame twamwongeye iyindi mandat .bamwe birirwa basakuriza hanze kagame azabareke baze birebere. Hany uma bace basubira iyo bavuye birtyo ntawuzongera gusakuza. Yewe abandi ba perezida babanje bishinga gusakuza aho kwubaka Kigali. Vous etes un homme fort. Vaux mieux un dictateur qu un tueur. Je vous aime de tout mon coeur monsieur le President.

kazuba yanditse ku itariki ya: 1-03-2015  →  Musubize

ubukene mubaturage

aman yanditse ku itariki ya: 28-02-2015  →  Musubize

ibi byose tubicyesha ubu yobozi bwiza tugomeze dutere imbere

japhet yanditse ku itariki ya: 28-02-2015  →  Musubize

Ni heza cyane ibi byose ni ubuyobozi bwiza .ariko si mpuzamahanga kuko muri mpuzamahanga hazamo n imihanda n ibindi kuko na kenya ntiyaza muri mpuzamahanga kdi irenze kgl kure.gusa ni heza peee

xoxo yanditse ku itariki ya: 27-02-2015  →  Musubize

Hhhhhh gusa tujye tybyishimira ariko icyo nanze nukuvuga muruhando mpuzamahanga! The tallest in RDA is 18 floors then you said kigali is one of the best across the world!?? Hhhhh kuko aribyo tuzi.tubona biroroha kubyemera ariko uwavuga ko ntacyo turageraho yaba avuze ukuri kuzuye!! Anyway keep keep hope aliv and working hard!

Birashoboka!! yanditse ku itariki ya: 27-02-2015  →  Musubize

reef urwanda Tyler kwiyubaka ahubwo ibindibihugu birebereho

agashami yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

reef urwanda Tyler kwiyubaka ahubwo uninformed notify birebereho

agashami yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Ni byiza cyane ariko twibuke ko iyo Uwiteka atariwe wiyubakiye umurwa, abarinzi ntacyo bageraho niyo mpamvu kubaha IMANA aribyo bya mbere. Dukunde IMANA kuko ariyo itanga byose kandi ayo mazu meza abe ayo kuyihesha icyubahiro atarayo gukoreramo ibyangwa n’Uwiteka.Mwibuke ko SODOMO na GOMORA nayo yari imigi ikomeye mu gihe cyayo ariko kuko batubashye Uwiteka; uko byabagendekeye murabizi.

karugaba yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

aya mazu agezweho gutya atwereka ko kigali iri gutera imbere n’u Rwanda muri rusange

musaza yanditse ku itariki ya: 26-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka