Rutsiro: Umuryango w’abantu 3 wahitanywe n’inkangu

Umuryango w’abantu batatu witabye Imana bazize inkangu yasenye inzu yabo mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki ya 24/01/2015 mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro.

Abitabye Imana ni umugabo witwa Mvuyehe Vianney w’imyaka 35, umugore we Sahunkuye w’imyaka 24 n’umwana wabo w’imyaka 2.

Icyumba bari baryamyemo cyagwiriwe n'inkangu kubera imvura nyinshi.
Icyumba bari baryamyemo cyagwiriwe n’inkangu kubera imvura nyinshi.

Aya makuru y’inkangu yahitanye uyu muryango yemejwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murunda wabereyemo ibi byago, Bisangabagabo Sylvestre, wavuze ko nawe ayo makuru yayamenye mu gitondo cyo ku wagatandatu.

Ati “nibyo koko namenye ko umuryango w’abantu 3 wahitanywe n’inkangu nyuma y’imvura yaguye igihe kirekire inkangu igwira icumba bari baryamyemo. Nyuma bajyanwe kwa Muganga ngo abaganga bemeze neza icyabishe”.

Uyu muryango wahitanywe n’inkangu niwo wonyine wabaga muri iyo nzu inkangu yasenye, ukaba warashyinguwe mu Murenge wa Murunda ku cyumweru Tariki ya 25/01/2015.

Imirambo yahise ijyanwa kwa muganga.
Imirambo yahise ijyanwa kwa muganga.
Inkangu yagwiriye inzu ihita isenyuka.
Inkangu yagwiriye inzu ihita isenyuka.

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka