Umuhanzi Bobo Bonfils yeruye yemera ko ari mu rukundo

Mutabazi Bonfils wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Bobo Bonfils akaba azwi mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel) yeruye yemeza ko ari mu rukundo, ibi bikaba ari ibintu bidakunze kubaho ku bahanzi bo muri Gospel.

Uyu muhanzi ibi yabyeruye nyuma y’aho mu minsi ishize urukundo rwamurenze akabyandika kuri whatsapp aho yagize ati: “She is a Queen She is my beautiful Angel” ugenekereje mu rurimi rw’ikinyarwanda yagize ati: “Ni Umwamikazi ni Malayika wanjye mwiza cyane”.

Akimara kwandika aya magambo twifuje kumenya icyo yari ashatse kuvuga dore ko yari yanashyizeho ifoto (Profile picture) iriho amagambo y’urukundo agira ati: “I’m in love” bivuze ngo “Ndi murukundo”.

Bobo Bonfils utarashatse kunyura ku ruhande yahise atwerurira ko koko aribyo ko ari mu rukundo, bitandukanye na benshi mu bahanzi babanza guhakana ko bari mu rukundo bakazabyemera biruhanyije.

Bobo Bonfils.
Bobo Bonfils.

Yagize ati: “Mbese nyine ni ibyo nawe ubona, niko nabaye...yeah mfite umu cherie”.
Twakomeje tumubaza uwo ariwe adusubiza ko atamutangaza ngo kubera ko atabanje kubivugana nawe kandi ko adakunda ko byajya mu itangazamakuru.

Yagize ati: “Byo ndi mu rukundo ariko rwose iby’amazina n’aho atuye ntacyo nagutangariza naba nisenyeye kuko ntabwo abikunda, wandike ko ndi mu rukundo gusa, nta kindi ngutangariza”.

Bobo Bonfils ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana bakunzwe cyane kubera indirimbo ze, akaba yaramenyekanye ku ndirimbo nka “Nimuhumure”, “Yobu”, “Yesu ni wowe”, “Umwuka Wera” n’izindi.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

amahigwe murukundo

maniraguha vedaste yanditse ku itariki ya: 8-01-2018  →  Musubize

amahgwe murukundo

maniraguha vedaste yanditse ku itariki ya: 8-01-2018  →  Musubize

TURANEZEWE KUBERA BOB

maniraguha vedaste yanditse ku itariki ya: 8-01-2018  →  Musubize

Biratunejeje nk’ababyeyi! Imana ibajye imbere kandi isi, igihugu, n’itorero tubatezeho ubuhamya bwiza. Courage mon fils!!!

Provy yanditse ku itariki ya: 23-01-2015  →  Musubize

COURAGE BOBO URUKUNDO RURARYOHA IYO MUFITE INTEGO NZIMA KDI RUYOBOWE NA YESU MUGAKORA IBISHIMWA N’IMANA NTAKIZABABUZA GUKOMERA
KDI URIMWIZA UKWIYE GUKUNDWA NO GUKUNDA,COURAGEEEEEE!!!

BOBETTE yanditse ku itariki ya: 23-01-2015  →  Musubize

Bobo Mwifurije Amahirwe Murukundorwe Kandi Turamukunda

Daphine yanditse ku itariki ya: 22-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka