Rwarutabura: Imvura yahitanye umwana w’imyaka umunani

Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 30/10/2014 mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali, yahitanye umwana witwa Ngabonziza Jackson uri mu kigero cy’imyaka Umunani ahitwa Rwarutabura ho mu Murenge wa Nyamirambo.

Uyu mwana yatwawe n’umuvu ubwo yakinaga na murumuna we ndetse n’undi mwana w’umuturanyi hafi y’iwabo, imvura nyinshi ikagwa umuvu ukabajugunya muri ruhurura imanura amazi mu gishanga cya Rwampara, babiri bakabasha gutabarwa ariko we ntibikunde.

Umurambo w'uyu mwana watoraguwe muri iki gishanga cya Rwampara.
Umurambo w’uyu mwana watoraguwe muri iki gishanga cya Rwampara.

Kigali today mu kiganiro n’umwe mu baturanyi b’iwabo wa Ngabonziza wahitanywe n’imvura, yatangaje ko bagerageje gutabara uko bashoboye abo bana ariko ntibabasha gukiza Ngabonziza.

Aragira ati “Ahagana mu ma saa Cyenda n’igice z’umugoroba nibwo imvura yaguye ari nyinshi muri Rwarutabura, maze umuvu usanga Ngabonziza Jackson, murumuna we n’undi mwana baturanye bakinira hafi y’iwabo, ubarusha ingufu ubajugunya muri ruhurura imanura amazi mu gishanga cya Rwampara’’.

Ruhurura uyu mwana yamanukiyemo yari ikirimo amazi menshi ubwo Kigali today yahageraga.
Ruhurura uyu mwana yamanukiyemo yari ikirimo amazi menshi ubwo Kigali today yahageraga.

Uyu muturanyi akomeza atangaza ko ubwo uwo muvu wajugunyaga abo bana muri ruhurura we n’ undi bari kumwe bagerageje kubatabara, bakabasha gukuramo babiri muri bo, ariko Ngabonziza umuvu ukaba mwinshi ukamutwara batabashije kumukuramo.

Yakomeje agira ati “Twabonye tutabashije kumutabara kubera umuvu watubanye mwinshi, tubura ukundi tugira natwe tujya kugama, imvura ihise nibwo twatangiye gushakisha, tumusanga hano mu gishanga cya Rwampara yitabye Imana’’.

Abaturage bari mu gahinda kenshi naho nyina wa Ngabonziza we yahise ahungabana.
Abaturage bari mu gahinda kenshi naho nyina wa Ngabonziza we yahise ahungabana.

Umubyeyi wa Ngabonziza witwa Mukayisenga Albertine, akimenyeshwa ko umwana we yahitanywe n’umuvu w’imvura, ntiyabashije kubyakira kuko ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba abimenya yahise afatwa n’ihungabana rikomeye ajyanwa kwa muganga, kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru bakaba bategereje ko azanzamuka kugira ngo we n’umuryango we bafashwe gushyingura umuhungu wabo.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

pole sana ku muryang waka kana

nana yanditse ku itariki ya: 1-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka