Rukomo: Korari Abatambyi yamuritse indirimbo zayo za mbere

Korari Abatambyi yo mu mudugudu wa Rurenge ya mbere muri paruwasi ya Rukomo mu itorero Pantekote, yashyize ahagaragara umuzingo (album) w’indirimbo zayo za mbere zaririmbiwe Imana yitwa “Umukiranutsi”.

Uyu muzingo ugizwe n’indirimbo 10 washyizwe ahagaragara kuri uyu wa 18/10/2014 watwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 2 n’ibihumbi 200.

Nkunzimana Apollinaire, umuyobozi w’iyi korari avuga ko impamvu uyu muzingo wahawe izina “Umukiranutsi” ari uko umuntu wese ukiranutse Imana imurinda haba mu byago ndetse n’amakuba. Abazayumva ngo ntibazanezezwa n’umuziki gusa ahubwo bazumviramo n’ubutumwa bwiza bujyanye no gukiranuka kugira ngo Imana irusheho kubarengera.

Korari iririmbira abitabiriye igitaramo cyo kumurika indirimbo zayo.
Korari iririmbira abitabiriye igitaramo cyo kumurika indirimbo zayo.

Pasiteri Musabyimana Jaffet, umushumba wa paruwasi ya Rukomo mu itorero ADEPR avuga ko kuba hakorwa indirimbo nk’izi ari ukunezeza imitima y’abantu bityo n’abataye Imana bakayigarukira. Ngo iki ni igikorwa gifasha mu kunoza ivugabutumwa no kwamamaza ubuntu bw’Imana.

Izi ndirimbo z’amajwi gusa zakozwe ku nkunga ya bamwe mu bakirisitu. Uwimana Edouard uhagarariye abandi baterankunga avuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo gushyigikira umurimo w’Imana no kongera kubyutsa abatakiri mu gakiza no gukangurira abandi kuza imbere y’Imana. Ngo hari abantu bafite impano zitandukanye, hari abafite amikoro hari n’abashoboye kuyiririmbira, aba bose iyo bafatanije umurimo w’Imana ukaba urushaho gukorwa.

Uyu mugore yashimishije benshi kubera kuvuza ingoma.
Uyu mugore yashimishije benshi kubera kuvuza ingoma.

Uyu muzingo w’indirimbo wahise itangira kugurishwa aho umwe waguzwe hagati y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 5 n’ibihumbi 150.

SEBASAZA Gasana Emmanuel

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nibyiza nibakomerezaho nange ubwange byandenze kbx

byukusenge wathiongo yanditse ku itariki ya: 23-08-2019  →  Musubize

Imana ibahe umugisha. Nibazikwirakwize zigere no mu tundi turere. Ubuntu n’urukundo rw’Imana, no gufashwa n’Umwuka Wera bibane nabo ubu n’iteka, Amen

Mukirisito yanditse ku itariki ya: 19-10-2014  →  Musubize

Imana ibahe umugisha kuri icyo gikorwa cy’indashyikirwa bagezeho. Nibashake uburyo izo ndirimbo zakwira hose vuba kuko n’abo mu tundi turere hirya no hino mu gihugu bazikeneye. Ibindi nibakomerere mu buntu bw’Umwami Imana n’imbaraga ze nyinshi.

Mukirisito yanditse ku itariki ya: 19-10-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka