Bugesera: Abaturage barashimira ingabo z’igihugu zabubakiye ikiraro cyari cyarasenyutse

Abaturage batuye umurenge wa Gashora mu karere ka Bugesera n’uwa Rukumberi mu karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu zabasaniye ikiraro gihuza iyo mirenge none kikaba cyongeye kuba nyabagendwa.

Icika ry’iki kiraro kiri ku ruzi rw’Akagera ngo ryari rigiye gushyira abaturage mu bwigunge ariko ingabo z’u Rwanda zagisannye mu maguru mashya none bongeye kugikorashe nka mbere nk’uko bivugwa na Mukarugema Jeanne umuturage wo mu murenge wa Gashora.

Abaturage bishimiye ko icyo kiraro cyongera gukora.
Abaturage bishimiye ko icyo kiraro cyongera gukora.

Yagize ati «ikiraro kimaze gucika, kugirango twambuke uru ruzi byasabaga umuntu byibuze amafaranga 200, ndetse hari n’igihe abasare batayemeraga kandi kugenda bwije byari byarahagaze. Turashimira ingabo ukuntu zihutiye gusana iki kiraro none tukaba twongeye kongera kugikoresha».

Bihoyiki Pierre utuye mu murenge wa Rukumberi aravuga ko ubuhahirane hagati y’akarere ka Ngoma n’aka Bugesera yongeye gukorwa. Ati «Turashimira ubuyobozi bwacu bwo bwongeye gutuma iki kiraro cyongera gukora, twari tugiye kujya mu bwigunge none ingabo z’igihugu zidukuye kure».

Ubu nibwo bwato bwakoreshwaga mu kwambuka uruzi rw'akagera ikiraro kimaze gucika.
Ubu nibwo bwato bwakoreshwaga mu kwambuka uruzi rw’akagera ikiraro kimaze gucika.

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, avuga ko ikiraro cyubatswe ari icy’agateganyo mu gihe hategerejwe ko umuhanda uhuza uturere twa Ngoma, Bugesera na Nyanza uzashyirwamo kaburimbo maze hakubakwa ikiraro kigezweho.

«Ku bufatanye n’ingabo z’igihugu, iki kiraro cyongeye gukora kuko ubu imirimo isigaye ni mike cyane, harateganwa ko uyu muhanda nushyirwamo kaburimbo iki kiraro kizakorwa mu buryo bugezweho kuko ibi n’ibyagateganyo» ; nk’uko Umuyobozi w’akarere ka Bugesera abisobanura.

Iki kiraro cyacitse ubwo cyanyurwagaho n'ikamyo yari ipakiye toni 50 z'ifumbire.
Iki kiraro cyacitse ubwo cyanyurwagaho n’ikamyo yari ipakiye toni 50 z’ifumbire.

Ikiraro gihuza akarere ka Ngoma n’aka Bugesera cyacitse ku itariki ya 14 Nzeri 2014, ubwo cyanyurwagaho n’imodoka rukururana yaritwaye ibiremereye.

Hagati aho igice cyimwe cy’ikiraro kinini cyari kihasanzwe kiracyari mu mazi ndetse n’ikindi gice cy’ikamyo ya rukururana yaguye muri urwo ruzi rw’Akagera ubwo icyo kiraro cyacikaga.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

harakabo izaruharaniye ntako zitagira ngo zitubungabungire umutekano, mwakoze neza murabo gushimirwa. cyane cyane ENGINEERING REGIMENT YO MURI RDF

kingemmy yanditse ku itariki ya: 30-09-2014  →  Musubize

Ariko uku si ugusana ahubwo ni ukubafasha kwambuka igihe kitarasanwa kuko iki kiraro bashyizeho si permanent ni icyo bifashisha (temporary measures). Musobanurire neza abaturage.Iki kiraro kitwa Pontoon bridge kifashishwa n’ingabo mu rugamba.

Deng yanditse ku itariki ya: 30-09-2014  →  Musubize

ingabo zacu zitabaro rwakomeye muri buri nzego , ha nanjye nongeye kuzishima kuko buzima bwacu hano i rukumberi bwari bwarahagaze

kamuzinzi yanditse ku itariki ya: 29-09-2014  →  Musubize

Butya ingabo ni izirwanira abaturage aho rukomeye hose! umutekano w’abanyarwanda RDF yiyemeje kuwubungabunga mu nzego zose.

rugina yanditse ku itariki ya: 29-09-2014  →  Musubize

erega ntacyo abanyarwanda bazaburana RDF cyeretse ikidashoboka naho ubundi igishoboka izagiha abanyarwanda umuntu agiye kuyishima bwakwira bugacya , kuko nibyinshi abanyarwanda dukesha RDF, umutekano n’amahoro byo ni impano itagereranywa bihereye abanyarwanda , ubuvuzi bwintangarugero nibo tubukesha iterembere naryo baba baturihafi kandi nibyishi muribyo tubakesha

manzi yanditse ku itariki ya: 29-09-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka