Rulindo: Abahinzi b’ibijumba bikize kuri vitamini A bafite imbogamizi z’aho kubihinga

Bamwe mu baturage bahinga ibijumba by’umuhondo bikize kuri vitamin A bo mu karere ka Rulindo bavuga ko ibi bijumba bikunzwe cyane ku isoko, gusa ngo bafite imbogamizi zo kubona ibishanga byo kubihingamo ngo babashe kubikwirakwiza henshi hashoboka.

Muhayimana Margarita uhagarariye koperative COTEMU, ikorana n’umuryango w’abahinzi n’aborozi mu Rwanda IMBARAGA, avuga ko ibyo bijumba bifitiye akamaro kanini abaturage ku bijyanye n’imirire myiza, ikibazo kikaba ari uko batabona umusaruro uhagije kubera batemerewe guhinga mu bishanga kandi ariho byera cyane.

Muhayimana Margarita Prezidante wa COTEMU.
Muhayimana Margarita Prezidante wa COTEMU.

Yagize ati “Ibi ni ibijumba byiza cyane bikize kuri vitamin A, birakunzwe cyane muri aka karere no mu gihugu cyose muri rusange iyo nitegereje ukuntu abantu baba babigura.Twifuza ko byakwira mu karere hose ariko nta ho dufite hahagije ho kubihinga kuko ntitwemerewe kubihinga mu bishanga kandi ni bwo bitanga umusaruro mwinshi. Nta bishanga dufite rwose ngo tubihingemo”.

Muhayimana akomeza avuga ko basaba ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bukabashakira ibishanga byo guhingamo ibi bijumba ,bityo bagatoza abandi bahinzi bagenzi babo kubihinga no kubirya mu rwego rwo kwinjiza amafranga no kuzamura imirire myiza mu ngo zabo.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka