Nyanza: Imibiri 77 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Imibiri 77 y’inzirakarengane zo mu cyahoze ari amakomini ya Mukingi na Masango zazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nkomero mu karere la Nyanza tariki 02/06/2013.

Nk’uko abafashe amagambo bagiye babigarukaho muri ako gace hiciwe abatutsi benshi bitewe n’uko baturukaga mu bice bitandukanye bahashakira ubuhungiro.

Imibiri y'inzirakarengane zashyinguwe mu cyubahiro.
Imibiri y’inzirakarengane zashyinguwe mu cyubahiro.

Dr Joyce Ngamije uhagarariye imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside muri ako gace yasobanuye inzira mbi banyuzemo asaba ko nta n’umwe muri bo ukwiye kuyiyibagiza.

Yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ingaruka mbi ku bayirokotse ndetse no mu muryango nyarwanda muri rusange ukahatakariza abenegihugu.

Dr Joyce Ngamije asobanura inzira ndende banyuzemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Dr Joyce Ngamije asobanura inzira ndende banyuzemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Pasiteri Ezira Mpyisi wari muri uwo muhango yasabiye imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse n’inzirakarengane zahigwaga ndetse bikageza naho zihamburirwa ubuzima.

Yakomeje asaba Abanyarwanda muri rusange gukora ibyiza bakirinda ibibi bituma bageza n’ubwo bambura bagenzi babo ubuzima.

Ibyo yabijyanishije no kugaya bamwe bihishaga inyuma y’ijambo ry’Imana ariko mu mugambi wo kwica Abatutsi naho ntibahatangwe dore ko muri ako gace hari ubwiganze bwa bamwe mu bayoboke b’itorero ry’abadivantiste b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda.

Imiryango y'ababuze ababo yari yitwaje indabo zo gushyira ku mva.
Imiryango y’ababuze ababo yari yitwaje indabo zo gushyira ku mva.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yashimiye abantu bose baje kwifatanya nabo muri uwo muhango barimo umuryango “ZIRIKANA” udahwema gufatanya nabo muri gahunda zose zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu turere twa Nyanza na Ruhango.

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Ushinzwe Amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma, Kalisa Evariste, wari umushyitsi mukuru muri uwo muhango yagaragaje uburyo butandukanye abapfobya Jenoside babikoramo burimo nko guhamagarira Leta y’u Rwanda kugirana ibiganiro n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu gihugu.

Kalisa Evariste, Visi Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko umutwe w'Abadepite, ageza ijambo ku bari bitabiriye umuhango wo kwibuka.
Kalisa Evariste, Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, ageza ijambo ku bari bitabiriye umuhango wo kwibuka.

Yasobanuye ko Leta y’u Rwanda idashobora na rimwe kwicara ku meza amwe n’abasize bakoze Jenoside ngo bagirane ibiganiro hejuru y’amaraso y’Abatutsi b’inzirakarengane basize bamennye mu gihugu.

Yongeye gusaba Abanyawanda gukomeza gufatanyiriza hamwe bubaka igihugu cyabo kandi buri wese agaharanira ko Jenoside itasubira kubaho ukundi.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

BA nykbagari bene wacu mukomere kdi muharanire kwigira

hope yanditse ku itariki ya: 4-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka