Intara y’Uburasirazuba iratera imbere mu myubakire
Kigali Today yatangiye gahunda yo kubagezaho inkuru zicukumbuye zerekana aho igihugu kigeze mu bintu bitandukanye. Kuri iyi nshuro turahera ku bijyanye n’imyubakire mu ntara zitandukanye, duhereye ku ntara y’Uburasirazuba.
Intara y’Iburasirazuba iratera imbere mu myubakire n’ibikorwa remezo, ariko cyane cyane bikagenda byegera imijyi y’uturere kuruta mu byaro. Mu byaro naho bigaragara ko abaturage bitabiriye gutura ku midugudu, ari na cyo gishyira iyi Ntara ku mwanya wa mbere mu gihugu mu bijyanye no gutuza abaturage ku midugudu.
Dore amwe mu mafoto agaragaza imiturire n’imyubakire tugendeye kuri buri karere k’intara y’Uburasirazuba.
1. Rwamagana
Akarere ka Rwamagana ni kamwe mu turere two mu Ntara y’Iburasirazuba tugaragaramo imiturire ku midugudu kandi hakaba hagenda hazamurwa amazu manini agerekeranye ku buryo ahindura ishusho y’uyu mujyi ari na ko birushaho kuwusukura.
2. Kayonza
Urwego rw’imyubakire mu karere ka Kayonza ruragenda rutera imbere, ahanini bishingiye ku kuba aka karere gafite umudugudu w’icyitegererezo wa Nyagatovu uri ku rwego rw’igihugu.
3. Ngoma
Akarere ka Ngoma ni kamwe mu tugaragaramo impinduka mu myubakire kandi kari mu twa mbere ku miturire y’imidugudu ku kigereranyo cya 95% mu Rwanda.
4. Bugesera
Bishingiye ku mahirwe menshi ari mu karere ka Bugesera nko kuba gaturanye cyane n’Umujyi wa Kigali no kuba hagiye kubakwa Ikibuga cy’Indege bituma abaturage benshi bajya kuhatura ndetse kimwe n’ahandi mu ntara y’Uburasirazuba gahunda yo gutura ku midugudu yaritabiriwe.
5. Gatsibo
Mu karere ka Gatsibo, na ho harimo kugenda hazamurwa inyubako zijyanye n’igihe, by’umwihariko ahegereye imihanda minini, ariko ukwihuta kwazo usanga kukiri hasi.
6. Kirehe
Akarere ka Kirehe hafi ya kose kagizwe n’icyaro ariko hari uduce nka Nyakarambi tugenda tuzamuka mu iterambere bigatuma n’abaturage bubaka amazu agezweho yo guturamo.
7. Nyagatare
Mbere y’umwaka wa 1994 akarere ka Nyagatare ahanini hari Parike y’Akagera; imyubakire iri hasi. Ubu, inyubako zo guturamo ziriyongera kandi zigezweho.
Iki cyegeranyo cyakozwe n’abanyamakuru ba Kigali Today mu ntara y’uburasirazuba
Ibitekerezo
( 2 )
Intara yacu iratera imbere nta kibazo kabisa .
Alias yanditse ku itariki ya: 9-01-2015 → Musubize
iyi ntara iri kwihuta mu iterambere kandi ibi ibikesha imiyoborere myiza cyane , dukomeze kwihita tugana iterambere kandi dukomeze kwimakaza imiyoborere myiza
Intara yacu iratera imbere nta kibazo kabisa .
iyi ntara iri kwihuta mu iterambere kandi ibi ibikesha imiyoborere myiza cyane , dukomeze kwihita tugana iterambere kandi dukomeze kwimakaza imiyoborere myiza