Ku myaka irindwi y’amavuko araririmba agasusurutsa imbaga

Ikwiyikuzo Diane uvuka mu murenge wa Butaro mu karere ka Burera afite imyaka irindwi y’amavuko; ariko iyo ari imbere y’abantu ari kuririmba ntiwapfa kumenya ko angana atyo ukurikije ukuntu aririmba nta bwoba afite.

Diane aririmba ari kumwe na musaza we umucurangira iningiri. Uwo musaza we avuga ko ariwe uhimba idirimbo hanyuma mushiki we Diane akaziririmba amucurangira. Avuga ko kuririmba ntaho babikomora mu muryango w’iwabo.

Musaza wa Diane avuga ko mu muryango w’iwabo nta muntu azi wigeze aririmba ku buryo yabigira umwuga. Ngo byamujemo yumva ko agomba kubikora hanyuma mushiki we Diane aramufasha.

Ikwiyikuzo Diane yiga mu mwaka wa kabiri w'amashuri abanza
Ikwiyikuzo Diane yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza

Diane na musaza we baririmba mu birori bitandukanye kandi bagashimisha abantu. Mu marushanwa ku miyoborere myiza yabaye mu Rwanda babashije kugera ku rwego rw’igihugu aho barushanyijwe n’abandi baturutse mu ntara zo mu Rwanda ubwo barushanyirizwaga mu Serena Hotel.

Kubera ko nta bushobozi bafite usanga batamenyekana ngo ibihangano byabo bimenyekane bibe byabateza imbere. Bakaba bifuza ko hagira abatera inkunga.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

incwi we ni uko ntankunga mfite disi nahera kuri ababana!nonese musaza we angana ate?

Love Ukuri yanditse ku itariki ya: 14-03-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka