Umunya-Kenya wabigize umwuga mu gutera urwenya Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli akaba umukinnyi wa filime n’umushabitsikazi, Njihia Lynne bari mu byishimo byo kwibaruka umwana w’umukobwa.
Umuhanzi Ngabo Medard Jorbet umenyerewe nka Meddy, ni we muhanzi wenyine ukomoka mu Rwanda uhatanye mu bihembo bya All Africa Muzik Magazine (AFRIMMA 2023), bigiye gutangwa ku nshuro ya cumi.
Umuhanzi nyarwanda, Yvan Buravan, ugiye kuzuza umwaka yitabye Imana, yateguriwe umugoroba wo kumwibuka ndetse n’ibyaranze ubuzima bwe.
Abahanzi batandukanye b’ibihangage ku mugabane wa Afurika biyemeje kunagura zimwe mu ndirimbo za Bob Marley zigize album yiswe ‘Africa Unite’ ikubiyemo indirimbo 10 z’uyu mugabo wamamaye mu jyana ya Reggae.
Umuhanzi Victor Rukotana watangaje ko ubu yahisemo kwiyegurira gukora umuziki wubakiye ku muco kandi ubyinitse mu buryo bwa Gakondo yashyize hanze EP (Extended Play) ye yise ‘Rukotana I’ iriho indirimbo eshatu.
Umuryango wa Céline Dion watangaje ko nubwo atari kugaragaza ibimenyetso byo gukira ariko bafite icyizere cyo kubona umuti wo kumuvura indwara ya ’Stiff-Person Syndrome (SPS), yibasira ubwonko.
Umuhanzi Nzamwita Olivier Joseph, uzwi mu muziki w’u Rwanda nka M1, yahishuye ko ari mu rukundo n’umunyarwandakazi w’umunyamideli wibera mu Bufaransa, Angel Divas Amber Rose.
Proscovia Musoke nyina wa Jose Chameleone yavuze ko we na se Gerald Mayanja, batifuzaga ko uyu muhungu wabo ajya mu bikorwa by’umuziki ahubwo agakomeza amashuri.
Umuhanzi Josh Ishimwe umaze kwigarurira imitima y’abakunda indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu buryo bwihariye bwa gakondo agiye gukora igitaramo cye cya mbere yatumiyemo Chorale zikomeye zirimo Christus Regnat.
Umuhanzi w’icyamamare Madonna aherutse gufatwa n’indwara ikomeye yaturutse kuri bagiteri ‘sévère infection bactérienne’ ituma ajya mu bitara muri serivisi yo kwita ku bantu barembye ku itariki 24 Kamena 2023.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, ku wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2023, iyobowe na Perezida Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro itandukanye, irimo n’uko nta bitaramo n’imyidagaduro bizajya birenza saa saba za nijoro mu mibyizi, na saa munani mu mpera z’icyumweru (ku wa gatanu no ku wa gatandatu), mu (...)
Muheto Bertrand umaze kubaka izina mu njyana ya Trap Music nka B-Threy n’umugore we Keza Nailla bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’imfura.
Umuraperi w’umunyabigwa Tupac Amaru Shakur impeta yambaraga yaciye agahigo ko kugurishwa arenga miliyari imwe mu mafaranga y’u Rwanda muri cyamunara.
Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Afurika, David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido n’umugore we Chioma Avril Rowland, bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’muhungu.
Tina Knowles, akaba umubyeyi w’umuhanzikazi w’icyamamare Beyoncé, yamaze gusaba gatanya umugabo we Richard Lawson bari bamaranye y’imyaka 8 babana.
Umuhanzi Damini Ebunoluwa Ogulu uzwi nka Burna Boy, yashyize hanze indirimbo yise ‘Big 7’, ndetse ateguza abakunzi be album ye ya karindwi izasohoka tariki 25 Kanama 2023.
Umuraperi w’Umufaransa Laouni Mouhid wamamaye nka La Fouine, ategerejwe mu gitaramo kiri buherekeze umukino wa basketball uri buhuze ikipe y’u Rwanda na Angola.
Umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, Mahoro Isaac, yakoze igitaramo ngarukamwaka cyo gushima Imana, ndetse kiba n’umwanya wo gutanga ubwisungane mu kwivuza (mituweli) ku batishoboye, anagabira inka uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye.
Umuhanzi Nzamwita Olivier Joseph wamamaye mu muziki nka M1, yavuze ko nyuma y’igihe abakunzi be batamwumva nk’uko byahoze kuri ubu agarukanye imbaraga mu bikorwa bye bya muzika.
Umunyamidelikazi w’icyamamare Kimberly Noel Kardashian Kim Kardashian yaruciye ararumira ubwo yabazwaga uwo afata nk’igihangange ku isi muri ruhago hagati ya Messi na Cristiano Ronaldo.
Igitaramo i Nyanza Twataramye Abanyenyanza bamaze kumenyera, kizaba ku munsi w’umuganura n’ubundi, tariki 4 Kanama 2023, kandi noneho kizabera muri Stade ya Nyanza, aho kubera mu Rukari nk’uko byari bimenyerewe.
Karamuka Jean Luc wamamaye nka Junior Multisystem, akaba umwe mu batunganya indirimbo beza u Rwanda rwagize, yitabye Imana azize uburwayi.
Umuhanzi ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Mahoro Isaac, yateguye igitaramo kigamije guhembura imitima no gushimira Imana ibyiza yakoze, icyo gitaramo kikaba cyariswe ‘Yanteze Amatwi Live Concert’.
Umuraperikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Amala Ratna Zandile Dlamini uzwi ku mazina ya Doja Cat, yatakaje abamukurikira kuri Instagram barenga ibihumbi 200 nyuma yo kwibasira abafana be.
Aubrey Graham, umuraperi w’Umunya-Canada wamamaye ku izina rya Drake, wigeze kukanyuzaho na Rihanna, yashyize avuga ikimutera kudashaka umugore mu kwirinda kumubabaza.
Umuhanzikazi Zuchu wavuzwe mu rukundo na Diamond Platnumz yageze aho yerura avuga ko yarakajwe bikomeye no kuba uyu mugabo yarasomanye n’umunya-Ghanakazi witwa fantana.
Umuhanzi w’umunya-Nigeria Oluwatobiloba Daniel Anidugbe wamamaye nka Kizz Daniel, umaze iminsi ukunzwe mu ndirimbo ebyiri, ‘Buga’ na ‘Cough’, yateguje abafana be ibyishimo bikubiye muri album agiye gushyira hanze yise “Maverick”.
Umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria, David Adeleke uzwi ku izina rya Davido, yatanze inkunga y’impano ya miliyoni 237 z’Amanayira (Amafaranga akoreshwa muri Nigeria angana na Miliyoni 350 y’u Rwanda) ayagenera ibigo by’imfubyi byo muri Nigeria.
Barack Hussein Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yababajwe n’urupfu rw’umunyabigwi mu muziki wa Pop na Jazz, Anthony Dominick Benedetto wamamaye nka Tony Bennett, witabye Imana ku myaka 96.
Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje urutonde rw’indirimbo zamunyuze muri iyi mpeshyi ya 2023 zirimo n’iz’Abanyafurika, Burna Boy na Ayra Starr.