Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yasezeranye imbere y’Imana na Uwicyeza Pamella mu muhango wabereye mu rusengero Eglise Vivante de Jésus Christ, ruri ku Irebero mu Karere ka Kicukiro.
Umuryango wa John Okafor, wamamaye muri sinema ya Nigeria (Nollywood), ku izina rya Mr Ibu, wahakanye amakuru y’ibihuha amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uyu mugabo yaciwe amaguru yombi.
Nyuma y’umwaka, umuririmbyi w’umunya-Canada Celine Dion amenye indwara arwaye, kuri ubu ntabasha gukoresha bimwe mu bice by’umubiri we (muscles).
Hirya no hino ku Isi, iyo umuntu yakoze akanitwara neza, arahembwa. Gutanga ibihembo byatangiye kera ku Isi hose. Hari ibihembo bikomeye nka Grammy Awards, Oscars, Trace Music Awards, BET Awards, Balon D’or, n’ibindi.
Ishimwe Sandra wamamaye muri filime y’uruhererekane ya City Maid, akina yitwa Nadia, ntazongera kuyigaragaramo. Mu itangazo yashyize hanze, tariki 15 Ukuboza 2023, Sandra yahamije ko yasezeye gukina muri iyi filime kubera ibyo atumvikanyeho n’ubuyobozi bwa Zacu Entertainment.
Uwase Muyango Claudine witegura ubukwe bwe na Kimenyi Yves, yakorewe ibirori bisezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’. Ibi birori byabaye ku mugoroba tariki 16 Ukuboza 2023.
Umuhanzikazi, Taylor Alison Swift [Tylor Swift], binyuze mu bitaramo bizenguruka Isi yise "Eras Tour" yakuyeho agahigo kari gafitwe na Elton John mu kwinjiza amafaranga menshi mu mateka, amaze kwinjiza arenga Miliyari 1$.
Indirimbo ya Kivumbi King yitwa ‘Wine’ yagaragaye ku byapa byo mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahazwi nko kuri New York Times Square hamamarizwa ibikorwa bikomeye ku Isi.
Zari Hassan wahoze ari umugore wa Diamond Platnumz, banafitanye abana babiri yatumiye abandi bakanyujijeho mu rukundo n’uyu muhanzi, mu birori bizabera i Kampala muri Uganda.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Ciara Princess Wilson, uzwi nka Ciara n’umugabo we Russel Wilson batangaje ko bibarutse umwana wabo wa gatatu w’umukobwa bise ‘Amora’.
Umuhanzi wamamaye mu njyana ya Reggaeton, Ramón Rodriguez wamenyekanye cyane ku izina rya Daddy Yankee, yatangaje ko ahagaritse umuziki akaba agiye kwiyegurira imana.
Zari Hassan wabaye umugore wa Diamond Platnumz, akaba n’umushabitsikazi uzwiho no gutegura ibirori bikomeye muri Afurika ategerejwe mu Rwanda mu birori by’abambaye imyambaro y’umweru.
Umuhanzi wo muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi cyane ku izina rya Wizkid, yatangaje ko agiye gutanga miliyoni 100 z’ama-Naira akoreshwa iwabo (Ni ukuvuga arenga miliyoni 158Frw), nk’impano yo kwifatanya n’abana muri iyi minsi mikuru isoza umwaka.
Umwaka wa 2023 usize umuziki nyarwanda muri rusange uhagaze neza ahanini ubikesha ibitaramo bikomeye byabereye mu Rwanda byagiye bituma urushaho kumenyekana, binyuze no mu kuba bamwe mu bahanzi nyarwanda barisangaga bahuriye ku rubyiniro rumwe n’abahanzi mpuzamahanga.
Umuryango Imbuto Foundation wishimiye kubona urubyiruko rushaka kuba abahanzi rukomeje kwiyongera, aho ku nshuro ya gatatu kuva mu mwaka wa 2018, ngo wabonye abarenga 1,358 bitabiriye aya marushanwa.
Umuhanzi w’Umunyamerika, Sean ‘Combs’ Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, yamaganye ibirego bimushinja gufata ku ngufu, avuga ko igihe kigeze ngo ibyo binyoma akomeje kubeshyerwa bihagarare.
Nyuma y’imyaka 15 batandukanye, abahanzikazi bahoze bagize itsinda rya “Blu 3” aribo Lilian Mbabazi, Jackie Chandiru na Cindy Sanyu bagiye guhirira ku gitaramo bise “The Blu 3 Reunion”.
Mu ijoro ryacyeye umuraperi Kendrick Lamar yanejeje bidasanzwe abanyakigali mu gitaramo cya Move Africa.
Gaposho Ismael, ni umuririmbyi akaba n’umucuranzi wamenyekanye cyane kubera indirimbo y’amashusho yitwa ‘Dore ishyano re’ yagaragaye kenshi kuri Televiziyo y’u Rwanda ahagana mu 1992.
Umuhanzi Niyo Bosco wari umaze iminsi atagaragara cyane muri muzika nyuma yo gutandukana na MIE Empire yamufashaga, yamaze kwinjira muri KIKAC Music.
Inkuru y’uko umuraperi Kendrick Lamar azaza mu Rwanda yashimishije benshi mu bakunda iyi njyana, ikibazo cyakurikiye ni ukwibaza undi muhanzi bazajyana kuri urwo rubyiniro.
Umuhanzi w’umunya-Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya ‘Afrobeats’ Divine Ikubor uzwi ku mazina y’ubuhanzi nka Rema, yatangaje ko ahagaritse ibitaramo byose yateganyaga mu Kwezi k’Ukuboza 2023, kugira ngo abanze yite ku buzima bwe.
Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahaye icyemezo cy’umuturage w’indashyikirwa Umuhanzi ukomoka muri Nigeria David Adeleke, uzwi ku izina rya Davido.
Umuhanzi Dapo Ayebanjo, uzwi nka D’Banj, yahanaguweho ibirego byose yashinjwaga birimo gufata ku ngufu na ruswa nyuma yiperereza ryari rimaze iminsi rikorwa n’inzego z’umutekano muri Nigeria.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, muri muzika nyarwanda, yashimangiye ko ubufatanye bw’abahanzi mu bikorwa bimenyekanisha igihugu bukwiye kuza mbere y’ibindi byose kurusha ihangana.
Theophile Twagirayezu nyuma y’imyaka 15 ahagaritse umuziki, yawugarutsemo ahita asubiramo imwe mu ndirimbo ze yakoze mu bihe byashize yise ‘Iri Maso’ yaririmbanye n’abanyeshuri biganaga muri St André.
Nyuma yo kubura amafaranga yo kujya mu gitaramo cya Shaggy igihe yazaga mu Rwanda mu mwaka wa 2008, Bruce Melodie yahuriye ku rubyiniro na we muri Amerika.
Bruce Melodie na Shaggy nyuma yo gukorana indirimbo bise ‘When she is around’, bwa mbere bahuye imbonankubone muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye no guhurira mu bitaramo bizwi nka ‘iHeartRadio Jingle Ball Tour’.
Ku mugoroba wo ku munsi w’ejo tariki 26 Ugushyingo muri BK Arena habereye igitaramo cyitabiriwe n’abatari bacye baje kwihera amatwi n’amaso abahanzi bagiserutsemo barimo Kayirebwa na Muyango.