Nyuma yo kurangiza iminota 45 y’igice cya mbere nta gitego kibonetse, abasore ba Richard Tardy bavuye kuruhuka bagarukanye imbaraga, maze babona ibitego bibiri. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Kapiteni w’ikipe Emery Bayisenge kuri ‘Coup Franc’ naho igitego cya kabiri gitsindwa na Tibingana Charles Mwesigye.
Intsinzi u Rwanda rwavanye muri Namibia, ni intambwe Amavubi yateye mu gusezerera Namibia kuko mu mukino wo kwishyura uzabera i Kigali nyuma y’ibyumweru bibiri, u Rwanda ruzaba rusabwa kunganya gusa cyangwa se kudatsindwa ibitego birenze kimwe.
Indi mikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika yabaye kuri uyu wa gatandatu, Uganda U20 yatsinze Mozambique ibitego 4 ku busa, Morocco itsinda Mauritania ibitego 5 ku busa naho Tunisia itsinda Sudan ibitego 3 kuri 1.
Theoneste Nisingizwe
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|