U Rwanda rwatsinze Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gikombe cy’Isi (Amafoto)

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19, yatsinze Amerika mu gikombe cy’Isi

Mu gikombe cy’Isi cya Handball cy’abatarengeje imyaka 19 kirimo kubera muri Croatia, u Rwanda rwasoje imikino yarwo rutsinda Leta Zunze Za Amerika.

Mu mikino irindwi u Rwanda rwakinnye mu gikombe cy’Isi, rusoje irushanwa rutsinzemo imikino itatu rutsindwa ine.

Mu mikino y’amatsinda u Rwanda rwatsinzwe itatu (Portugal, Croatia na Algeria), ruza kujya mu mikino yo guhatanira imyanya.

Muri iyo mikino u Rwanda rwatsinzemo itatu irimo Maroc, Nouvelle Zélande ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rukaba rusoje ku mwanya wa 27.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka