Ku nshuro ya kabiri, abana baturutse mu mashuli mato hirya no hino muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bateguriwe ibiganiro bigamije kurwanya ubugizi bwa nabi n’urwango byibasira isi.
Polisi y’igihugu cya Yemen imaze guhagarika igikorwa cyo gutwika abantu n’ibintu biri muri ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri icyo gihugu mu mujyi wa Sanaa cyari cyatangijwe n’abigaragambya.
Ubwo kuri uyu wa 11/09/2012 Amerika n’isi bibuka ku nsuro ya 11 ibitero byagabwe ku miturirwa ibiri ya World Trade Center bigahitana abasaga 3000, abaturage batuye uwo mujyi bashimishijwe nuko ahahoze ayo mazu ubu hitwa Ground Zero harangwa urwibutso ndetse hakaba hanuzuye inyubako isumba izindi yitwa One World Trade Center.
Desmond Tutu, Musenyeri ukomoka muri Afurika y’Epfo ndetse wigeze guhabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, arasaba ko Tony Blair wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Bwongereza n’uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika George Bush bashyikirizwa urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera ibyaha bakoreye muri Irak.
Abasirikare bane bo mu mutwe wiyita FEAR (Forever Enduring Always Ready) baturuka mu ngabo za Amerika, nyuma yo kwivugana mugenzi wabo n’undi muntu umwe, bari bafite gahunda yo kwivugana Perezida Barack Obama.
Abantu ntibavuga rumwe ku ibonekerwa umugore witwa Carmen Lopez avuga yaboneye mu gace gahana imbibe n’umujyi wa Manhattan muri Leta zunze ubumwe za Amerika tariki 10/07/2012.
Inzego z’umutekano muri Amerika ziri gukurikirana umupolisi wari wigambye ku nshuti ze ko ari gutegura uko azarasa umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama.
Laszlo Csatary, wari ku rutonde rw’Abanazi bashakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abayahudi yatawe muri yombi tariki 15/07/2012 i Budapest mu gihugu cya Hongiriya.
Abapolisi bashinzwe gukurikirana ibyaha birebana n’umutungo mu Bufaransa bakurikiranye bikomeye Nicolas Sarkozy wabaye perezida w’Ubufaransa mu myaka itanu ishize.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwifatanije n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye mu Buholande (ICC) mu gusaba ko abakozi b’uru rukiko bane bafatiwe i Tripoli muri Libiya bari mu kazi barekurwa mu maguru mashya.
Icyegeranyo cya banki y’isi kirerekana ko Somalia itatanze ibisobanuro bikwiye ku ikoreshwa ry’imfashanyo igera kuri miliyoni 130 z’amadolari yahawe mu myaka ya 2009 na 2010.
Ubwo yari agiye mu Budage guhura na Chancelier Angela Merkel kuwa kabiri tariki 15/05/2012, Perezida w’u Bufaransa, François Hollande, byabaye ngombwa ko agarukira mu nzira nyuma y’uko iyo yarimo Falcon 7X yakubiswe n’inkuba.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zakiriye neza ibihano byakatiwe Abanyarwanda batatu bakoze Jenoside mu Rwanda, ndetse zikanagaya kuba hari abantu benshi bagize uruhare muri Jenoside bakidegembya hirya no hino ku isi.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho Sierra Leone, kuri uyu wa kane tariki 03/05/2012 rwasabiye Charles Taylor wahoze ari Perezida wa Liberia igifungo cy’imyaka 80 ku byaha by’intambara aregwa.
Abantu 105 bamaze kumenyekana ko bitabye Imana naho abandi basaga 100 baburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato yabereye mu gihugu cy’Ubuhinde mu ruzi rwa Brahmapoutre mu ijoro rishyira tariki 01/05/2012.
Abagabo batatu bakora umukino wo gusiganwa ku magare, kuri uyu wa Gatandatu batangiye urugendo rwa kirometero 6.000 ruzarangirira mu Rwanda bakoresheje amagare. Batangaza ko urwo rugendo rugamije gukusanya inkunga yo kugura ibikoresho by’uburezi bwa siporo byagenewe abana b’u Rwanda.
Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke z’Ababiligi buhamya ko imyaka y’ubukure ari 24 aho kuba 18. Ku myaka 24 ngo nibwo umuntu yagombye kuboneraho uburenganzira buhabwa abantu bakuze akanirengera ingaruka z’ibyo yakoze byose.
Abanyeshuri b’Abanyamerika biga muri kaminuza y’ababatisita ya Houston bakoze urugendo bikoreye amajerekani yuzuye amazi hagamijwe gutabariza Abanyarwanda badafite amazi meza hafi yabo.
Jim Yong Kim, inzobere mu buganga ifite ubwenegihugu bwa Koreya n’Amerika ni we watorewe kuyobora Banki y’isi mu gihe cy’imyaka itanu asimbuye Umunyamerika Robert Zoellick, kuwa mbere tariki 16/04/2012.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yongeye kumvikana aganira atazi neza aho amagambo avuga agarukira.
François Hollande na Nicolas Sarkozy, bahanganiye kuyobora igihugu cy’Ubufaransa ni ababyara kuko bafitanye amasano akomoka kuri nyirakuruza wo mu bwoko bw’abasavoyard bwo mu kinyejana cya XVII; nk’uko bigaragara mu gitabo cy’umuhanga mu byo gucukumbura amasano y’abantu (généalogie), Jean-Louis Beaucarnot.
Umuririmbyi ndetse n’umukinnyi w’amafilimi wo muri Amerika, Whitney Houston, yapfuye tariki 11/02/2012 afite imyaka 48 y’amavuko.
Umunyamategeko Peter Erlinder akaba n’umwarimu, tariki 17/01/2012, yahagaritswe ku mirimo ye yo kwigisha muri kaminuza yitwa William Mitchell College of Law muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Ejo tariki 10/12/2011, perezida wa Liberiya, Ellen Johnson Sirleaf, Leymah Gbowee nawe ukomoka mu gihugu cya Liberiya ndetse na Tawakkul Karman ukomoka mu gihugu cya Yemeni nibo bahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cy’umwaka wa 2011.
Umwe mu bayobozi bakuru b’ibitaro bya Calcutta, mu burasirazuba bw’Ubuhinde, aratangaza ko inkongi y’umuriro yibasiye ibi bitaro mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 9 Ukuboza 2011 igahitana abasaga 73.
Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubumenyi bw’isanzure (NASA) cyavumbuye undi mubumbe mushya ujya kumera nk’isi kandi ushobora guturwaho.
Umugabo uherutse kwivugana abantu batagira ingano mu gihugu cya Norvège bamusanganye uburwayi bwo mu mutwe ari nabwo ntandaro y’amarorerwa yakoze.
Ikinyamakuru New York Post cyatangaje ko umuririmbyi wo muri Haïti ariko uba muri Amerika witwa Wyclef Jean yaba yaranyereje amafaranga yari agenewe gufasha Abanyahayiti basizwe iheruheru n’umutingito wabaye mu kwa mbere muri 2010.
Igihugu cy’Ubwongereza cyavanye abakozi bacyo bose ba ambasade yacyo muri Iran nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yangije inyubako y’ambasade y’Ubwongereza ndetse n’inyubako abakozi bayo batahagamo.
N’ ubwo amaze imyaka 17 avugwa cyane muri politiki y’ u Butaliyani, kuri uyu wa gatandatu tariki 12/11/2011, Silvio Berlusconi yeguye nabi ku mwanya wa minisitiri w’ intebe, kuko imyigaragambyo y’ abamutegekaga kwegura vuba na bwangu, yari yose imbere y’ inyubako y’ umukuru w’ igihugu.