Urwego rw’igisirikari cya Uganda rushinzwe iperereza (CMI) rwataye muri yombi abanyeshuri bane b’Abanyarwanda bigaga muri kaminuza ku mpamvu zitahise zitangazwa.
U Rwanda ruramagana ibikorwa byo guta muri yombi Abanyarwanda bari muri Uganda no kubirukana muri icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.
Abanyarwanda 33 barimo abagore 17 bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku wa 27 Ugushyingo 2019, aho biruhukije bageze mu gihugu cyabo nyuma y’ubuzima bubi bwo gutotezwa, gukubitwa no gufungwa babagamo mu gihugu cya Uganda.
Ruzigamanzi Felicien ukomoka mu mudugudu wa Murisanga, Akagari ka Ntoma, Umurenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, araburira Abanyarwanda batekereza kujya muri Uganda ko bibaye ngombwa babireka kubera ubugome buri gukorerwa Abanyarwanda muri icyo gihugu.
Inzego z’Umutekano muri Uganda ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 zataye muri yombi Abanyarwanda babarirwa hagati ya 150 na 200, bakaba bafatiwe i Kisoro mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Uganda.
Karemera Damascene w’imyaka 25 y’amavuko yatemwe n’umuturage wo muri Uganda yakoreraga azira ko amwishyuje.
Hitamana Emmanuel w’imyaka 22 hamwe na Muhawe Elia w’imyaka 21, bagarutse mu Rwanda nyuma yo kurekurwa na Uganda muri uku kwezi k’Ugushyingo 2019, aho bavuga ko bacitse imirimo y’agahato, gukubitwa no kwicishwa inzara.
Kuwa gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo, umuryango w’abibumbye (LONI), wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 428 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Santarafurika (MINUSCA).
Komiseri uyobora ishami rishinzwe gutoranya no kwinjiza abapolisi mu kazi ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’abibumbye i New York, Ata Yenigun, ku cyumweru tariki 10 Ugushyingo, yasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye (LONI) bwo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Bangui mu gihugu cya (...)
Kuwa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, ahagana saa munani z’amanywa, General Juvenal Musabyimana bakundaga kwita Jean Michel Africa, akaba yari umuyobozi mukuru w’umutwe wa RUD-Urunana yarasiwe mu gace ka Rutshuru muri Repubulika iharanira demukarasi ya Kongo hafi y’umupaka wa Uganda, ahita apfa.
Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy-RPA) cyatangije amahugurwa y’ibyumweru bitatu agenewe abasirikare bo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye kurinda aho rukomeye( Easter Africa Standby Force- EASF).
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred arasaba abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto kuba ijisho ry’igihugu, bafasha mu kubungabunga umutekano wacyo ndetse no kwitandukanya no kwinjiza magendu ndetse n’ibiyobyabwenge mu gihugu.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko yatunguwe cyane n’ibyo itangazamakuru ryo muri Uganda ryanditse rivuga ko u Rwanda ngo rwababajwe no kuba Uganda yaranze gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Pasitoro Badege Donatien avugako Abanyarwanda bafungirwa mu gihugu cya Uganda batozwa kwanga igihugu cyabo abandi bagafashwa kujya mu mitwe irwanya u Rwanda.
Tuyiringire Elias w’imyaka 24 y’amavuko, avuga ko aruhutse gukubitwa, kurya nabi n’imirimo y’uburetwa yakoreshwaga muri gereza y’i Kisoro muri Uganda, aho yari amaze hafi imyaka ibiri.
Umuyobozi mukuru wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi DIGP/AP Juvenal Marizamunda, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Col. Jeannot Ruhunga, (...)
Ku wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2019, Umuryango w’Abibumbye wambitse imidali abapolisi b’u Rwanda 240 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, yasuye ingabo z’u Rwanda, abapolisi n’abacungagereza b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) ababwira ko bagomba gufatanya kugira ngo intego yabajyanye muri iki gihugu yo (...)
Umutwe wa FDLR umaze imyaka 19 mu mashyamba ya Congo uharanira kurwanya Leta y’u Rwanda. Uko iminsi igenda ni ko ugenda ucika intege nubwo bamwe mu bawurimo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bakomeza kwinangira gutaha ahubwo bakagira ingwate impunzi bakomeza gukora ibyaha bihungabanya umutekano.
Abofisiye b’abapolisi 58 baturuka mu bihugu icyenda bya Afurika y’Iburasirazuba (EASF), barimo gutozwa gutabara igihugu cyahura n’umutekano muke mu bigize aka karere.
Kayirere Julienne, Umunyarwanda wagiye muri Uganda mu mwaka wa 2017 afite umwana w’ukwezi kumwe, ariko yagarutse wenyine kuko ngo atazi aho uwo mwana aherereye.
Umusore w’imyaka 27 witwa Uwitonze Desiré, wo mu murenge wa Niboyi mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, wari ufungiye mu gihugu cya Uganda, yavuze ku buzima bubabaje Umunyarwanda uri muri Uganda abayemo bwo gutotezwa no gukorerwa iyicarubozo.
Polisi y’igihugu iratangaza ko icyo ibereyeho ari ugufasha Abanyarwanda n’abaturarwanda kwidagadura ariko bakabikora mu mudendezo.
Gen Maj Pacifique Ntawunguka uzwi ku mazina nka Omega, Nzeri na Israel ni we wagizwe umuyobozi w’agateganyo ku buyobozi bw’umutwe w’igisirikare cya FDLR.
Ku gicamunsi cyo ku wa kane tariki ya 19 Nzeri 2019 nibwo Maj. Gen Luís Carrilho, Umuyobozi w’ishami rya Polisi mu Muryango w’Abibumbye (ONU) ari kumwe na Brig. Gen Ossama El Moghazy, umuyobozi wungirije w’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro no kubumbatira (...)
Kuri uyu wa kane tariki ya 19 Nzeri, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yitabiriye inama ngaruka mwaka y’ihuriro ry’abayobozi ba za polisi zo mukarere k’Iburasirazuba bwa Afrika (EAPCCO) irimo kubera i Arusha muri Tanzania.
Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa NDC Guido ukorana na Leta mu kurwanya izindi nyeshyamba, barashe umuyobozi wa FDLR-FOCA hamwe n’abandi bayobozi bari kumwe na we mu nama y’ubuyobozi bukuru bwa FDLR yatangiye ku wa 16 Nzeri 2019 ikaba yaberaga ahitwa Makomarehe muri groupment ya Bukombo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimiye ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ku bw’igitero zagabye ku nyeshyamba zayoborwaga na Lt Gen Sylvestre Mudacumura ndetse akahasiga ubuzima.
Amakuru y urupfu rwa Gen Mudacumura Sylvestre yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18 Nzeri 2019.
Benimana w’imyaka 19 avuye muri gereza za Uganda avuga ko Abanyarwanda bafungiweyo barimo kwicwa urw’agashinyaguro, ndetse ngo hari uwazize utwuma twogeshwa amasafuriya (sitiruwaya).