Abanyamerika Julian Appel ufite imyaka 22 y’amavuko na Tina Gianakon w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi bakurikiranyweho gukorera imibonano mpuzabitsina mu isoko (supermarché) rwagati.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe mu tugize Akarere ka Rwamagana yatunguye bagenzi be bakoranaga inama biga ku kibazo cyo kugenzura ko Nyakatsi yacitse burundu, avuga ko hakiri Nyakatsi nyinshi mu Kagari ke kuko ahabona Nyakatsi zihingwamo ibihumyo ndetse zikanahumbirwamo ibiti (pepinieres).
Umwongereza w’imyaka 34 y’amavuko yafashe icyemezo cyo kuva mu Bufaransa akajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yoga kandi nta n’umwenda w’ubutabazi (life jacket)yambaye.
Charles na Te’Andra Wilson bo muri Mississipi Yepfo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tariki 20/07/2012, bangiwe gusezeranywa n’umupasiteri wo mu rusengero rw’Ababatisita kubera ko ari abirabura.
“Abirabura ntibasoma, kubw’iyo mpamvu bazahora ari abacakara bacu,” ni amagambo akubiye mu butumwa buri gukwirakwizwa ku mbuga zitandukanye za internet, ipfobya abantu bafite uruhu rwirabura, ishingiye kubyo ibanenga birimo ubujiji, kwifuza birenze n’ubusambo.
Umusaza wo mu gihugu cy’Ubushinwa ufite imyaka 57 y’amavuko yakoze urugendo rw’ibirometero ibihumbi 60 mu gihe cy’imyaka ibiri anyuze mu bihugu 16 kugira ngo arebe imikino Olympique irimo kubera i Londres mu Bwongereza.
Liam Corcoran, umwana w’imyaka 11 wo mu gihugu cy’ubwongereza ari kwibazwaho byinshi nyuma yo guca mu rihumye abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege ku kibuga cya Manchester tariki 24/07/2012 akigira i Roma aho yahagarikiwe akagarurwa mu Bwongereza.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu witwa Sofya Dickson amaze kuba icyamamare kubera amashusho yamugarageje yurira ku rukuta rw’inzu mu buryo budasanzwe bwatangaje abantu benshi.
Umubyeyi witwa Nirvanna Jeannette utuye mu majyepfo ya Leta Zunze za Amerika muri Leta ya Georgia mu gace kitwa Savannah yirukanwe mu rusengero nyuma yaho azamuye umwambaro we atangiye konsa umwana we.
Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, abagore baba bashaka kuganira n’uwo baryamanye cyangwa gukomeza iyo mibonano mu gihe abagabo bo bashimishwa no guhita basinzira nta kindi bitayeho ku buryo hari abagore bashobora gukeka ko badakunzwe n’umugabo bari kumwe.
Iyi kamyo (camion) yo mu bwoko bwa FIAT yakozwe mu 1970 iracyakoreshwa mu kazi gatandukanye mu mujyi wa Karongi. Abazi Kibuye ya kera (Karongi y’ubu) bavuga ko bayizi mbere y’1994 kandi nabwo ngo yari ishaje.
Umugabo yagiye gusaba umugeni atazi Ikinyarwanda, gusa yari azi ko agomba gukoresha imigani ya Kinyarwanda kuko yari azi ko bihagije ko haba hari amagambo ari muri iyo migani kandi ahuye n’ayo yakoresheje mu ijambo avuze.
Umugabo wo mu Buhinde witwa Sohanlal Chouhan w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya polisi azira kudodera umwenda w’imbere ufite ingufuri umugore we witwa Rhada Sitabai arwanya ko ashobora kumuca inyuma.
Liang Xiaoxiao wo mu gihugu cy’u Bushinwa ufite imyaka itatu y’amavuko, ibiro 2.5 areshya na sentimetero 54 bivugwa ko ariwe mukobwa muto ku isi.
Umwongereza witwa Wayne Forrester w’imyaka 34 yakatiwe gufungwa burundu n’urukiko rwo mu Bwongereza azira ko yishe uwari umugore we amaze kumenya ko yanditse kuri Facebook ko ari ingaragu ishaka inshuti (single).
Ku bagore bamwe, udukapu twabaye nk’imbago uwamugaye adashobora gusiga ngo atere intambwe. Ariko se ni iki kiba kirimo abagore n’abakobwa bakomeraho cyane ku buryo ntawe upfa gutirimuka muri bo adatwaye agakapu?
Jonah Falcon, umugabo uca agahigo mu kurusha abandi bagabo igitsina kirekire ngo abangamirwa cyane no kugenda mu ndege kuko igihe cyose agiye gukora urugendo mu ndenge bamusaka igihe kinini kubera igitsina cye.
Umugabo utaratangajwe izina wo mu gihugu cy’u Buhinde wakuwemo inzoka mu jisho ireshya na santimetero 13.
Ramadan wifata nk’umuvugabutumwa, yahagaritse abantu bari bitabiriye isoko abamarana amasaha agera hafi kuri atandatu ababwiriza ijambo ry’Imana akananyuzamo akabahanurira ibizaba.
Umwanzuro w’urukiko rwo mu gihugu cya Iran wo guhanisha umugabo guha umugore we indabo 777 z’amaroza watumye umugore ahindura icyemezo cye cyo kuregera ubutane.
Sasha Kennedy, Umwongerezakazi w’imyaka 26 y’amavuko, anywa litiro 25 z’amazi buri munsi. Ibi bivuze ko anywa hejuru ya litiro imwe y’amazi mu isaha.
Umugore witwa Pauline Potter wo muri Leta ya Carifilonia muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yategetswe n’umuganga gukora imibonano mpuzabitsina byibuze inshuro 7 ku munsi kugira ngo abashe kunanuka.
Umugabo w’Umunyamerika wubatse yatunguwe no kumva ubuzima bwamuhindukanye ubwo yajyaga kwa muganga bakambubwira ko ari umugore mu gihe yari azi ko ari umugabo kuva mu bwana bwe.
Abapolisi bari ku izamu ahitwa Rajasthan mu majyaruguru y’Ubuhinde batunguwe no kubona umugabo wari ufite umutwe w’umuntu mu ntoki ngo aje kwirega ko yaciye umukobwa we umutwe amuhora ibyo yise imyitwarire mibi.
Ahitwa Kondele mu Ntara ya Kisumu muri Kenya hafatiwe umwarimu wari aryamanye n’umukobwa yigishaga, bombi bari mu buriri bw’ababyeyi b’uwo mukobwa.
Umunya-Mexique witwa Manuel Uribe ari hafi kuzuza imyaka 47 y’amavuko kuri ubu afite ibiro 200. Amaze gusohoka mu nzu inshuro eshatu mu gihe cy’imyaka itandatu ariko afite icyizere ko azongera gusohoka ku nshuro ya kane ndetse akanakora ubukwe.
Abagore bagera ku 150 basiganywe ku maguru bambaye inketo ndende n’utujipo tugufi i Moscou mu gihugu cy’u Burusiya aho hari hateraniye imbaga y’abantu benshi bari baje kureba ari rushanwa.
Umugabo ufite imyaka 55 wo muri Zimbabwe arakekwaho gusambana n’umwe mu bana 5 yabyaranye n’umukobwa we bwite.
Mu mezi ashize mu karere ka Huye habaye cyamunara maze umuntu agura imodoka yo mu bwoko bwa Volkswagen (VW) amafaranga y’u Rwanda 7500.
Umugabo witwa Gösta Eloffson wo muri Suwedi yatunguwe no kumva abaganga bamubwira ko atwite nyamara ntabwo byari byo ahubwo ni ibimenyetso yagaragazaga ko afite mikorobe zigaragara ku mugore utwite.